00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kugira abahanga badafite ubumuntu ntacyo bimaze: Mukantaganzwa yahanuye abanyeshuri ba UR

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 22 April 2026 saa 10:51
Yasuwe :

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, yifatanije na Kaminuza y’u Rwanda (UR), Ishami rya Huye, kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe, Abatutsi mu 1994, asaba umuryango mugari wa Kaminuza kongera imbaraga mu bushakashatsi kuri Jenoside, hagamijwe guhangana n’ingengabitekerezo yayo ikigaragara kuri bamwe.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 22 Mata 2026, cyitabirwa n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.

Mukantaganzwa yavuze ko kuba abanyeshuri n’abarimu b’Abatutsi barishwe na bagenzi babo muri Jenoside bidatangaje, kuko urwango bari barigishijwe icyo gihe rwari rwaracengeye.

Ati “Kwibuka bijye bitubera umwanya wo gutekereza nk’igihugu, Umunyarwanda twifuza, kuko kugira abahanga badafite ubumuntu n’indangagaciro zikwiye umuntu ntacyo bimaze, cyane ko ari byo byagaragaye muri 1994 hakicwa Abatutsi.”

Yibukije ko abateguye Jenoside bageze ku rwego rwo kuyihakana, kuyipfobya no gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo, aha UR umukoro wo kwandika ibitabo bibanyomoza.

Yagize ati “UR nk’igicumbi cy’ubwenge, ikwiye kongera imbaraga mu bushakashatsi kuri Jenoside no kwandika amateka nyayo. Twizera ko ikigo cyashyizweho cyigisha amaso yo kurwanya Jenoside, kizafasha mu gusohoza izi nshingano.”

Yakomeje ahumuriza Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko rwiga muri UR, arwereka ko u Rwanda rukomeje kwiyubaka, kandi rugana heza, arusaba gukomeza indangagaciro yo gukunda Igihugu, kugira ukuri, guharanira ubutabera no kurwanya akarengane.

Ambasaderi Prof. Nsengimana Joseph w’imyaka 76 watanze ubuhamya, yavuze ko yavutse iwabo baba mu Majyaruguru, nyuma bagacirirwa mu Bugesera, mu itotezwa ryakorewe Abatutsi mu myaka yo mu 1960. Yavuze ko Jenoside yateguwe kuva kera ko mu 1994 kwari ukuyishyira mu bikorwa.

Perezida wa IBUKA, Dr. Gakwenzire Philbert, yavuze ko umuryango nyarwanda ufite inshingano zo kwibuka mu buryo bwose, agaragaza ko gutanga ubuhamya no kwandika ibyabaye ari ngombwa cyane kuko bifasha mu gushyira ukuri ahagaragara ndetse bikanatuma ayo mateka atibagirana.

Ati “Uwarokotse Jenoside yibona nk’intumwa cyangwa umurinzi w’amabanga yahawe n’urupfu. Yibaza niba atari we uzaba uwanyuma wibuka, uwanyuma wo kuburira isi ngo ibyamubayeho bitazongera kubaho ukundi.”

Muri UR-Huye hibukwa Abatutsi 563 bari abanyeshuri, abarezi n’abakozi b’iyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) n’ibigo bituranye na yo birimo IRST, LABOPHAR n’Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB).

Abanyeshuri bo muri UR-Huye bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Abakozi bo muri UR-Huye na bo bari bitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorwe Abatutsi
Abiga muri UR basabwe kurwanya urwango bakoresheje uburyo bwose burimo n'inyandiko
Abo mu nzego z'umutekano bahaye icyubahiro abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ambasaderi Prof. Nsengimana Joseph, yagaragaje uburyo Abatutsi bajujubijwe kuva kera bakicwa abandi bakameneshwa mu gihugu cyabo
Bamwe mu bagize Unity Club Intwararumuri, na bo bari bifatanije n'abo muri UR-Huye kwibuka abishwe muri Jenoside
Abayobozi batandukanye barimo n'abasenateri bifatanyije n'abo muri UR-Huye kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Meya w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bigaga/bakoraga mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda
Perezida wa IBUKA, Dr. Gakwenzire Philbert, nawe yunamiye Abatutsi biciwe muri Kaminuza Nkuru y'u Rwanda
Perezida wa IBUKA, Dr. Gakwenzire Philbert, yasabye ko abafite ubuhamya bose kuri Jenoside babutanga, ubundi bukandikwa kuko ari imwe mu nzira yo guhangana n'abayipfobya
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, yasabye UR kongera ubushakashatsi kuri Jenoside
Umuyobozi Mukuru UR, Ass. Prof. Kayihura Muganga Didas, agariniza abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abishwe muri Jenoside
Umwepisikopi wa Diyosezi Gatolika ya Butare, Ntagungira Jean Bosco, na we yatuye isengesho abishwe muri Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages