00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya RDC ihangayikishijwe n’amasezerano y’u Rwanda na Pologne

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 9 February 2024 saa 04:25
Yasuwe :

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagaragaje ko buhangayikishijwe n’amasezerano u Rwanda na Pologne byagiranye tariki ya 7 Gashyantare 2024.

Ubufatanye bw’u Rwanda na Pologne buri mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubuhinzi.

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda, yabwiye abanyamakuru ko ibihugu byombi bishaka guteza imbere ubufatanye mu bya gisirikare, ku buryo urubyiruko rw’u Rwanda rwazahabwa ubushobozi bwo ku rwego rwo hejuru bwo kurinda igihugu.

Uyu Mukuru w’Igihugu kandi, yatangaje ko u Rwanda rutewe, Pologne yarutabara.

Ati “U Rwanda rugize ibibazo, twaruha ubufasha. Turi mu biganiro bijyanye n’uburezi burimo amasomo y’igisirikare kugira ngo urubyiruko rw’u Rwanda ruzabe rwiteguye kurinda igihugu cyarwo mu gihe hari uwashaka kugitera.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, tariki ya 8 Gashyantare yasohoye inyandiko igaragaza ko ahangayikishijwe n’aya masezerano.

Lutundula ashinja u Rwanda gutera igihugu cyabo, bityo ngo kuba Pologne yakwifatanya na rwo bigaragaza ko irushyigikiye mu cyo yise “ubushotoranyi”.

Yagize ati “Iyi myitwarire ituma umuntu atekereza ko Pologne ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu bushotoranyi bwarwo kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ingabo zarwo zikorera ubugizi bwa nabi ku butaka bwa Congo, ntizibiryozwe.”

Leta y’u Rwanda yateye utwatsi kenshi ibirego bya RDC, isobanura ko nta ruhare na ruto ifite mu ntambara ibera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Perezida Duda yatangaje ko u Rwanda rutewe, Pologne yatabara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages