00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lt Col Simon Kabera yibukije urubyiruko rwiga mu mahanga guterwa ishema no kuba Abanyarwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 12 July 2026 saa 09:33
Yasuwe :

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’urubyiruko rw’Abanyarwanda biga mu mahanga, arusaba kurushaho kurangwa n’indangagaciro zo gukunda igihugu no guterwa ishema ko ari Abanyarwanda.

Izi mpanuro Lt Col Simon Kabera yazigarutseho mu biganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya RDF giherereye ku Kimihurura.

Ni ibiganiro yagiranye n’urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu Bubiligi, Canada, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa na Nigeria. Bari mu Rwanda mu rugendo rwiswe Youth Tour 2026.

Uruzinduko rwabo ku Cyicaro Gikuru cya RDF rwari rugamije kubafasha gusobanukirwa neza uruhare rwa RDF mu kurinda ubusugire bw’u Rwanda, kubungabunga umutekano w’igihugu no kugira uruhare mu iterambere ry’imibereho n’ubukungu bwacyo.

Mu kiganiro yabagejejeho, Lt Col Kabera yasobanuye urugendo rwo kwiyubaka RDF yanyuzemo, agaruka ku mateka y’u Rwanda n’ibyabaye bikageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yanagaragaje uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi mu guhagarika Jenoside, gutabara abaturage b’inzirakarengane, kubohora igihugu no gushyiraho urufatiro rw’amahoro, ubumwe n’umutekano u Rwanda rwishimira muri iki gihe, ruyobowe na Perezida Paul Kagame, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, wanayoboye RPA mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Lt Col Kabera yavuze ko intsinzi ya RPA Inkotanyi yubakiye ku ndangagaciro n’imyitwarire myiza birimo gukunda igihugu, imyitwarire iboneye, kwitangira abandi, gukorana umwete, kwihangana, ubunyangamugayo no kubahiriza amategeko n’amabwiriza.

Yanashishikarije aba banyeshuri gukomeza kwishimira kuba ari Abanyarwanda no gukoresha ubumenyi n’ubushobozi bakura mu mahanga mu guteza imbere u Rwanda.

Yabasabye kandi gukomeza kuba maso birinda amakuru y’ibinyoma n’inkuru ziyobya zinyuzwa ku mbuga nkoranyambaga.

Lt Col Kabera yabasabye gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza, gukunda igihugu no kugikorera aho bazaba bari hose mu nshingano bazahitamo.

Aba banyeshuri banagiranye ikiganiro na ba Ofisiye bato ba RDF, barimo Capt Michael Nsengiyumva ufite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu iterambere ry’Ibigo, Capt Meron Rugazora utwara indege na Capt Arielle Sekamana ufite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ikoranabuhanga n’itumamaho.

Aba basirikare babasangije ubunararibonye bwabo mu kazi ka gisirikare banabashishikariza kuzagaruka mu Rwanda nyuma yo kurangiza amasomo yabo kugira ngo batange umusanzu mu iterambere ry’igihugu.

Babasobanuriye ko RDF iha amahirwe urubyiruko yo gukorera igihugu ngo rukoreshe ubumenyi n’ubushobozi ruvana mu mahanga.

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, yasabye urubyiruko rwiga mu mahanga guterwa ishema n'uko ari Abanyarwanda
Urubyiruko rw'Abanyarwanda baba mu mahanga rwishimiye ubutwari bw'ingabo z'u Rwanda zabohoye igihugu
Lt Col Simon Kabera yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda rwiga mu mahanga kurushaho gukunda igihugu
Uru rubyiruko rwahawe umwanya wo gusobanuza byinshi ku Rwanda
Urubyiruko rwaganirijwe n'abarimo abofisiye bato mu Ngabo z'u Rwanda babasangije urugendo rwabo mu gisirikare n'uburyo igihugu cyahaye amahirwe buri wese
Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, yakiriye itsinda ry'Abanyarwanda 42

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages