Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo za Leta ya RDC n’izifasha ku rugamba zagabye ibitero mu duce twa Butare, Busumba no mu nkengero zaho ariko ntizagera ku ntsinzi.
Kanyuka yagize ati “Ingabo zihuje za Leta itemewe ya Kinshasa, zirimo FARDC, FDLR, abacancuro, insoresore, ingabo z’u Burundi n’iza SADC ntabwo ejo hose zabashije kunyeganyeza imirongo y’uburinzi ya M23 ikomeje kurinda abasivili mu gihe ingabo za Tshisekedi Tshilombo zarasaga ibice bituwe cyane muri Busumba, Butare no mu nkengero, zikoresheje imbunda ziremereye.”
Umutwe wa M23 uri mu bice bikikije umujyi wa Sake. Hari amakuru avuga ko wagerageje kuwufata kuri uyu wa 12 Gashyantare ariko ukomwa mu nkokora n’imbunda ziremereye n’indege z’intambara za Sukhoi-25 zamishe ibisasu byinshi muri ibi bice.
M23 kandi yashinze ibirindiro mu bice biri hafi y’umujyi wa Goma, nko muri gurupoma ya Buhumba na Kibumba muri teritwari ya Nyiragongo ndetse. Kuri uyu wa 12 Gashyantare hari amakuru yavugaga ko yafashe umusozi wa Kanyamahoro.
Imirwano imaze iminsi ibera muri Masisi na Nyiragongo ishobora gushyira Goma na Sake mu kato kuko M23 ibaye ifashe Sake yonyine, umuhanda munini uhuza iyi mijyi wafungwa, ubuhahirane bugahagarara.
Amahitamo yaba asigaye ku Banye-Congo batuye i Goma ni ugukoresha inzira igoranye y’ikiyaga cya Kivu, berekeza i Sake muri Kivu y’Amajyepfo cyangwa se bakajya bahahira mu Rwanda; cyane ko ari ho hafi.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Lieutenant Colonel Willy Ngoma, yatangaje ko mu gitondo cy’uyu wa 13 Gashyantare, ingabo za Leta ya RDC zagabye ibindi bitero muri Busumba na Rubare. Icyakoze, muri Nyiragongo ho nta mirwano yahabyukiye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!