00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bemba yemeye ko FARDC yananiwe M23

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 February 2024 saa 09:34
Yasuwe :

Minisitiri w’Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu zananiwe kunyeganyeza umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanira mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu nama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 2 Gashyantare 2024, Bemba yamenyesheje bagenzi be ko FARDC yakomeje ibikorwa bigamije gukura M23 muri iyi ntara.

Gusa ngo ibi bikorwa byakomwe mu nkokora n’uko uyu mutwe witwaje intwaro wakomeje kongera imbaraga z’abarwanyi ndetse n’ibikoresho.

Nk’uko radiyo na televiziyo bya RDC, RTNC, byabitangaje kuri uyu wa 4 Gashyantare, yagize ati “M2 yihagazeho imbere y’imbaraga z’igisirikare cyacu zo kugarura amahoro, umutekano n’ubuyobozi bwa Leta.”

FARDC yari yariyemeje gukura M23 mu bice byinshi igenzura muri teritwari ya Rutshuru na Masisi, yitabaza ingabo z’u Burundi, abacancuro, imitwe ya Wazalendo na FDLR ariko ntibyagize icyo bitanga.

Ubwo gutsinda M23 byari binaniranye, umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC, wohereje abasirikare muri RDC kugira ngo bafashe FARDC; ariko na byo ntacyo biri gutanga kuko uyu mutwe witwaje intwaro ukomeje gufata ibindi bice byo muri Masisi.

Mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yafashe agace ka Shasha kegereye ikiyaga cya Kivu; ibyatumye umuhanda uhuza Goma, Sake na Minova (muri Kivu y’Amajyepfo) ufungwa.

Ubuyobozi bwa M23 busobanura ko abarwanyi bayo bari gufata ibindi bice mu rwego rwo kurinda umutekano w’abaturage no gukumira ibitero FARDC n’abayifasha bari kugaba ku birindiro byayo.

Bemba yemeje ko FARDC yananiwe gukura M23 mu bice igenzura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages