00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe azahagararira Perezida Kagame mu irahira rya Museveni

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 May 2026 saa 12:40
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, azahagararira Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora Uganda muri Mutarama 2026.

Dr. Nsengiyumva yageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe muri Uganda kuri uyu wa 11 Gicurasi, yakirwa n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umujyi wa Kampala, Kyofatogabye Kabuye.

Museveni wari uhagarariye ishyaka NRM, yahatanye n’abakandida barindwi barimo Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, Nandala Mafabi na Mugisha Muntu.

Komisiyo ya Uganda ishinzwe amatora yatangaje ko Museveni yatsinze ku majwi 71,65%, akurikirwa na Bobi Wine wagize 24,72%, Mafabi agira 1,88%, abandi basaranganya amajwi asigaye.

Biteganyijwe ko umuhango w’irahira rya Perezida Museveni ubera ku kibuga cya Kololo ku wa 12 Gicurasi 2026, aho witabirwa n’abakuru b’ibihugu ndetse n’abandi banyacyubahiro barimo abahagarariye za guverinoma.

Ku Rwanda, kujya muri uyu muhango kwa Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva birenze kwitabira, kuko ni no gushimangira umubano mwiza umaze imyaka myinshi hagati y’ibihugu byombi.

U Rwanda na Uganda byifatanya mu nzego zirimo umutekano n’ubucuruzi. Ku wa 22 Mata 2026, byagiranye amasezerano mashya y’ubufatanye mu guteza imbere urwego rw’ubuzima, ubuhinzi, uburezi n’imiyoborere mu nzego z’ibanze.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yakiriwe na Minisitiri Kyofatogabye Kabuye
Dr. Nsengiyumva Justin azahagararira Perezida Kagame mu muhango w'irahira rya Museveni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages