Ibi byahishuwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ishinzwe amahoro, Jean Pierre Lacroix, ubwo yari mu ruzinduko muri RDC.
Yagize ati “Mu mwanzuro wayo wa 2717, akanama k’umutekano gafite MONUSCO mu nshingano kazasuzuma uburyo bwo gufasha SADC mu bikoresho n’ibikorwa. Ni ko kazafata icyemezo ku miterere y’ubu bufasha.”
Lacroix amaze iminsi muri RDC. Yahuye na Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi Tshilombo, amusezeranya ko MONUSCO izakomeza gutanga ubufasha mu kurinda abaturage mu bice biberamo intambara.
Yanahuye n’umuyobozi w’ingabo za SADC ziri muri RDC, Major General Monwabisi Dyakopu, abasirikare bakuru bo muri iki gihugu n’abahagarariye sosiyete sivili.
Lacroix atanze iri sezerano mu gihe imirwano yafashe intera hafi y’umujyi wa Sake na Goma, aho ingabo za RDC zifatanyije n’iza SADC n’iz’u Burundi zihanganye n’umutwe wa M23.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!