CILT ni umwe mu miryango ikomeye ku Isi, washinzwe mu 1919, ugamije guteza imbere ubunyamwuga n’ubudashyikirwa mu bwikorezi bw’ibintu n’abantu.
Ufite ibikorwa mu bihugu birenga 50, aho utanga amahugurwa, uburezi ndetse n’inama zigamije guteza imbere ibisubizo birambye kandi bigezweho.
Mugabo Patrick yagize uruhare rugaragara mu guteza imbere uru rwego, aho yabaye umwe mu bashinze CILT Rwanda ndetse akagira uruhare rukomeye mu kongera abanyamuryango, guteza imbere amahugurwa no kuzamura ijwi ry’urwego rw’ubwikorezi mu gihugu no hanze yacyo.
Usibye kuba Visi Perezida ku rwego rw’Isi, Mugabo yahawe n’inshingano zo kuyobora Ihuriro rya Afurika (Africa Forum), umwanya uzamufasha guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika no guteza imbere ibisubizo bishya mu bwikorezi ku mugabane.
Kuba yatowe bifite igisobanuro gikomeye ku Rwanda, kuko bishyira igihugu mu bihugu bifite ijambo rikomeye mu gufata ibyemezo ku rwego mpuzamahanga muri uru rwego.
Ni ikimenyetso cy’uko u Rwanda rutakiri umunyamuryango gusa, ahubwo ruri mu bayobora icyerekezo cy’ejo hazaza h’ubwikorezi ku Isi.
Ku ruhande rwa Afurika, biteganyijwe ko ubuyobozi bwa Mugabo buzafasha gukemura ibibazo bikibangamiye uru rwego, birimo imiyoborere yabwo, ibura ry’ibikorwaremezo bihagije ndetse n’ikoranabuhanga ridakoreshwa uko bikwiye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!