Ibi yabitangaje ubwo hafungurwaga uruganda rw’amata rwubatswe binyuze mushinga wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi wa CDAT, ugamije kugeza ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ku masoko.
Munyeshyaka yavuze ko mu buryo bwihariye, hashyizweho inkunga igenewe urubyiruko rufite ibitekerezo by’ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi.
Ati “Dufite miliyari 2 Frw zagenewe urubyiruko ruzazana ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi. Urugero ni nk’abazazana uburyo bwo kuhira ukoresheje imirasire y’izuba cyangwa uburyo bwo kugeza umusaruro ku masoko.”
Mu myaka ibiri ishize uyu mushinga wemereye inkunga ingana na miliyoni 600 Frw urubyiruko rufite imishinga y’ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi, ariko umaze gutanga miliyoni 117 Frw ku bashyize mu bikorwa ibyo basabwe.
BDF itanga inkunga ya 50% by’amafaranga yose nyir’umushinga akeneye.
CDAT ni umushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa muri Mutarama 2023, aho watanze arenga miliyari 16 Frw uyanyujije muri BDF, kugira ngo atangwe nk’inkunga nyunganizi mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi.
Muri rusange, kugeza ubu imishinga 242 ni yo imaze kwemererwa inkunga. Ni inkunga ingana na miliyari 8 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!