00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngoma: Abaturage biyushye akuya biyubakira ivuriro; rimaze imyaka ibiri ridakora

Yanditswe na

Emmanuel Kanamugire

Kuya 14 October 2015 saa 10:32
Yasuwe :

Abaturage bo mu kagali ka Kagarama Umurenge wa Rurenge ho mu Karere ka Ngoma biyushye akuya kwiyubakira ivuriro ubwabo none rigiye kumara imyaka ibiri ridakora.

Aba baturage bavuga ko impamvu zo kudakora kw’iri vuriro ari uko nta bikoresho bikenewe biraboneka ndetse n’abaganga barikoramo, bibaza impamvu kubishaka bidashyirwamo ingufu, bityo batangire kuryivurizamo nk’uko bamaze igihe babirota kubwo kubangamirwa no gukomeza kwivuriza.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwatangarije Radio Isango Star ko burimo kuganira na Minisiteri y’Ubuzima kugira ngo iri vuriro ritangire gukora kandi ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2015, iki kibazo kizaba cyakemutse.

Ubuyobozi bw’Intara y’Uburasirazuba bwo buvuga ko nta kintu na kimwe cyatuma abaturage bativuza kandi bariyubakiye ivuriro.

Umuyobozi w’Intara y’u Burasirazuba,Uwamaliya Odette yavuze ko ibibazo by’ubuzima bidakwiye gutinzwa na gato.

Bimwe mu bikenewe kugira ngo iri vuriro ryubatswe n’abaturage ku gitekerezo cyabo ubwabo rikore, harimo kubona abaganga, imiti, ndetse n’ibindi bikoresho bikenerwa kwa muganga bidashobora gukorwa n’abaturage ubwabo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages