Yabigarutseho kuri uyu wa 3 Mata 2026, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva yagaragaje ko nyuma y’imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, hakiri imbogamizi zishingiye ku ngengabitekerezo yayo.
Ati “Birababaje ko ingengabitekerezo ya Jenoside aho kugira ngo igende igabanyuka ahubwo isa n’igenda yiyongera.”
Yerekanye ko hari impungenge zishingiye ku kuba ibihugu bimwe byo mu Karere bihitamo gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside n’imvugo zo kwibasira Abatutsi.
Ati “Mu Karere mwarabibonye, mu bihugu duturanye mwarabibonye aho ubutegetsi bushyigikira ingengabitekerezo ku mugaragaro, bukanayishyiramo imbaraga, bukanayishyiramo abaturage babwo.”
Yakomeje ati “Ni ikintu gikomeye kand kibabaje ariko kitaduca intege. Ngira ngo aho twavuye hari habi kurushaho, nibura uyu munsi dushobora guhagarara tukaba twahangana nabo bafite ingengabitekerezo, tukaba twabamagana.”
Yagaragaje ko ibyo bidakwiye guca intege Abanyarwanda kuko bizagorana ko ingengabitekerezo ya Jenoside ishira burundu.
Ati “Nta n’ubwo bikwiye kuduca intege cyane kuko ntabwo dukwiye gutekereza ko hazabura abantu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside. Ntabwo izagenda 100% ngo icike burundu. Leta izakomeza gushyira imbarga mu kuyirwanya mu buryo bwose.”
Yagaragaje ko hari ingamba zirimo kwigisha urubyiruko amateka nyayo kandi atagoretse kugira ngo ingengabitekerezo icike.
Ati “Ni akazi kazakomeza kandi tugomba gushyiramo imbaraga, tugahozaho.”
Mu Karere k’Ibiyaga bigari, ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukwirakwizwa by’umwihariko mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho umutwe w’iterabwoba wa FDLR wayibibye mu baturage ugaragaza ko Umututsi ari umwanzi.
Ni ingengabitekerezo yamaze kugera no mu bayobozi bukuru burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi Tshilombo adatinya kuvuga imvugo z’urwango ku mugaragaro.
Ku wa 7 Mata 2026, ni bwo u Rwanda ruzatangira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri ibyo bihe, Abanyarwanda basabwa gukomeza kwimakaza ubumwe, ubudaheranwa ndetse na gahunda ya Ndi Umunyarwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!