Umugoroba wa tariki 24 Ukuboza, ubanziriza ibirori nyirizina bya Noheli, abenshi bawutangiriramo ibikorwa byo kwiyegereza Imana bazirikana uko Yezu/Yesu yavutse nk’umukene ariko agakiza Isi.
Ni umugoroba abakirisitu baharira ibitaramo bihimbaza Imana, bakanayishimira ibyo bamaze kugeraho mu gihe abandi bahitamo gutemberana n’abo mu miryango yabo.
IGIHE yageze mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali birimo insengero, Kiliziya Gatolika, Zion Temple Celebration Centre n’ahandi hatandukanye.
Abakirisitu Gatolika babukereye mu Misa y’Igitaramo cya Noheli by’umwihariko muri Paruwasi Cathedrale Saint Michel, yongeye kuba nto, hitabazwa ama-tente ariko na yo biranga biba iby’ubusa.
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yagaragaje ko ubutumwa bukomeye kuri uyu munsi ari ubwo kuzirikana urukundo rw’Imana.
Ati "Ubutumwa mbagezaho ni ukuzirikana urukundo Imana yadukunze yohereza umwana wayo kudukiza."
Yagaragaje ko ubwenge bwa muntu bukeneye kuyoborwa n’urumuri rw’Imana iminsi yose.
Ati "Uko ijisho rikenera urumuri kugira ngo ribashe kureba ni nako ubwenge bwa muntu bukeneye urumuri rw’Imana [Yezu Kristu] kugira ngo bumenye aho buri n’aho bugana."
Musenyeri Gapangwa Nteziryayo Jérôme wabaye Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye Misa y’Igitaramo cya Noheli yabereye muri Paruwasi Cathedrale Saint Michel muri Arkidiyosezi ya Kigali.
Antoine Cardinal Kambanda yibukije ko iyi ari Noheli ya 125 yizihijwe mu Rwanda kuko iya mbere yizihirijwe muri Misiyoni ya Save mu 1900 no muri Misiyoni ya Zaza muri uwo mwaka.
Antoine Cardinal Kambanda yatangaje ko mu mwaka wa 2026, Kiliziya igiye gutangira kubaka Paruwasi nshya ya Saint Michel izubakwa mu buryo bugezweho kandi bujyanye n’iterambere ry’Umujyi wa Kigali.
Ati “Turimo turegeranya imbaraga kugira ngo duhaguruke, igihe kirageze ngo duhaguruke dushyire hamwe dushobore kubaka ingoro nziza, nini kuko hano abantu bananiwe gukwirwamo. Biba ngombwa ko haba n’amahema hanze.”
Kiliziya Gatolika yahawe ikibanza cyahozemo Gereza ya 1930, kugira ngo abe ari ho yubaka. Ubu kuri icyo kibanza, hamaze gushyirwa igishushanyo mbonera kigaragaza uko izaba imeze.
Muri Zion Temple bashishikarijwe gukundana
Umushumba w’Itorero rya Authentic Ministries/Zion Temple Celebration Centre ku Isi, Apôtre Dr. Paul Gitwaza, yongeye guhembura abayoboke b’iri torero, mu gitaramo cyo kwizihiza Noheli (Ivuka rya Yesu).
Dr. Gitwaza umaze iminsi mike ari mu Rwanda, yabibukije kugira urukundo no kwirinda kugira uwakwirengagiza mugenzi we.
Muri ADEPR Nyarugenge igitaramo cyayobowe n’Umuyobozi wa ADEPR Ururembo bwa Kigali, Pasiteri Valentin Rurangwa.
Rurangirwa ati “Urukundo rwonyine rwuzuye Imana cyane, rwarenze igipimo, irangije yijishura umwana wayo umwe rukumbi. Ndagira ngo mbwire abatuye Isi bose ko kuza kwa Yesu kristo kwaturutse ku rukundo Imana yakunze abari mu Isi kandi rwinshi cyane.”
ADEPR Nyarugenge
Zion Temple Celeblations Centre
Muri Kiliziya Gatolika byari ibicika
Hari abahisemo kwitemberera Umujyi wa Kigali




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!