00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NIRDA yahuje inzego mu gushaka umuti w’ibiribwa bipfa ubusa

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 26 September 2023 saa 08:26
Yasuwe :

Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda (NIRDA), cyahurije hamwe abafatanyabikorwa bacyo barimo ibigo bya leta, iby’abikorera, sosiyete sivile ndetse n’abashakashatsi, mu kurebera hamwe ahashyirwa imbaraga mu gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi hanagabanywa ibiribwa byangirika mu Rwanda.

Ni mu nama yabereye mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa 26 Nzeri 2023, yibanze ku kurebera hamwe ibikubiye mu mushinga wa NIRDA w’imyaka itatu wiswe ‘Circular Food Systems for Rwanda’ ufasha inganda nto n’iziciriritse, mu kugira uruhare rwo kugabanya ibiribwa byangirika.

U Rwanda ruri gufatanya n’Isi mu gushaka igisubizo gikuraho iyangirika ry’ibiribwa. Ubushakashatsi burimo n’ubwakozwe na World Wildlife Fund cyita ku bidukikije n’icya Tesco Plc gikorera mu Bwongereza, bwagaragaje ko toni miliyari 1,2 z’imyaka ku Isi hose isigara mu mirima mu gihe cyo gusarura indi ikangirika nyuma yacyo, bikamera biryo hari abugarijwe n’inzara hirya no hino.

Ni mu gihe hari n’ikibazo cy’ibiryo bihiye bipfa ubusa bikamenwa ndetse bikagira uruhare mu kwangiza ibidukikije kandi byakabaye bitegurwa mu bundi buryo bikagira undi mumaro, bikavamo nk’ibiryo by’amatungo, ifumbire y’imborera iteguwe neza, biogaz n’ibindi.

Muri iyo nama yahuje NIRDA n’abafatanyabikorwa bayo hibanzwe ku kurebera hamwe icyakorwa mu kongera uburyo abahinzi bamenya amakuru y’ahari amasoko akeneye umusaruro wabo, ndetse hakanakazwa ingamba mu gutuma uwo musaruro utunganywa mu buryo bwujuje ubuziranenge.

Umuyobozi Mukuru wa NIRDA, Dr. Christian Sekomo, yavuze ko hagikenewe imikoranire y’inzego yaba iza leta n’abikorera mu gukemura ibibazo bikibangamiye urwego rw’ubuhinzi harimo no kwangirika gukabije k’umusaruro ubukomokaho.

Ati ‘‘Birasaba ko inzego nyinshi zihuza imbaraga kugira ngo turebe ukuntu twagera kuri ya ntego twihaye yo kugabanya ibiribwa byangirika mu gihugu cyacu.’’

‘‘Ni byiza ko twahuza abahinzi bafite ibiribwa n’isoko ribikeneye kuko hari igihe usanga byinshi birimo kwangirikira mu masoko aho bibitswe. Bivuze ko mu igurisha ryabyo hari ikibazo.’’

NIRDA kandi isanzwe yarashyizeho uburyo butandukanye burimo gupiganira kubona imashini zigezweho n’amahugurwa byafasha abafite inganda nto n’iziciriritse zigira uruhare mu gutunganya ibirimo n’umusaruro ukomoka ku buzinzi, binyuze muri gahunda yayo yise ’Open Calls’.

Muri iyi nama hakomojwe ku kuba bidahagije ko abafite izo nganda bagurirwa imashini zibafasha gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, ahubwo ko hanakenewe kongerwa ishyirwaho ry’uburyo bw’imikoranire y’izo nganda ndetse n’abahinzi bafite umusaruro ukeneye kuzitunganyirizwamo, kugira ngo ubikwe neza kandi by’igihe kirekire.

MINAGRI, NAEB, NIRDA, RAB ndetse n’ibindi bigo na byo ngo bikwiye kugira uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa by’iyo gahunda, abahinzi bagahuzwa n’inganda zitunganya umusaruro wabo hirindwa ko wangirika utarakoreshwa.

Mu rugendo rw’ishyirwa rugana ku bikorwa ryayo, ku ikubitiro hatangijwe imishinga irimo uwitwa ‘E–soko’ ugamije gukusanya ibiciro no kumenyekanisha ibicuruzwa mu gihugu biciye mu ikoranabuhanga, rikaba rikwiye kumenyekanishwa nk’uko byagarutsweho muri iyi nama.

Imodoka zabugenewe zifite ikoranabuhanga rigezweho zikura umusaruro mu murima zikawugeza ku nganda cyangwa ku masoko utangiritse byagaragajwe ko zikwiye kongerwa.

Dr. Sekomo yanakomoje ku kuba hari gukorwa inyigo kugira ngo hamenyekane n’umusaruro nyakuri wangirika urimo nk’ibisigazwa by’ibiryo bivanwa mu mahoteli, kugira ngo n’ababibyazamo ubukungu bwisubira bamenye urahare rwabo.

Dominic Savio Imbabazi, ufite Kompanyi yitwa Golden Insect Ltd itunganya ibisigazwa by’ibiryo yifashishije iminyorogoto ikabikoramo ifumbire y’imborera, yibukije abikorera cyane cyane urubyiruko ko bakwiye kugira uruhare mu gukora imishinga itunganya iyo myanda hagamijwe kubungabunga ibidukikije.

Ati ‘‘Mu Kinyarwanda ni umwanda ariko njye icyo nkora ni uko umwanda nywufata nka zahabu, kuko ibyo bishingwe nyuma iyo tubirekuye ngo bijye mu kimoteri biduteza ibindi bibaho harimo kwangiza ikirere, cyane cyane ko havamo n’imyuka yangiza ikirere myinshi cyane cyangwa se kwanduza amazi tunywa.’’

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubutaka, amazi n’amashyamba muri Minisiteri y’Ibidukikije, Kwitonda Philippe, yibukije ko umushinga ‘Circular Food Systems for Rwanda’ wa NIRDA, uri kugira uruhare mu gutuma Abaturarwanda basobanukirwa ko imyanda hari ubundi buryo yabyazwa umusaruro.

Ni mu gihe Ushinzwe gusesengura politike mu Kigo World Resources Institute (WRI) mu Rwanda, Munyurangabo Jonas, yavuze ko kutangiza ibiribwa ndetse no gutunganya ibyangiritse bikabyazwamo ubukungu butabangamira ibidukikije bizagerwaho ku kigero cyiza bigizwemo uruhare no gukora ubukangurambaga abantu bakabigiraho ubumenyi bwimbitse.

Umushinga 'Circular Food Systems for Rwanda’ wa NIRDA byagaragajwe ko uri kugira uruhare mu gutuma Abaturarwanda bamenya akamaro ko gutunganya ibisigazwa by'ibiryo bikabyazwamo ubukungu bwisubira
NIRDA yahurije hamwe abafatanyabikorwa bayo hareberwa hamwe ibyakorwa mu kugabanya umusaruro ukomoka ku buhinzi wangirika
Buri wese ufite igitekerezo, inama cyangwa inararibonye yasangiza abandi ku cyakorwa hakagabanywa umusaruro ukomoka ku buhinzi wangirika, yahawe uwanya
Muri iyo nama hibanzwe ku kuba ibigo birimo ibya leta bikwiye ukugira uruhare mu gutuma abahinzi bamenya ahari amasoko akeneye umusaruro wabo
Abikorera bafite imishinga igira uruhare mu gushyigikira iyi gahunda na bo bitabiriye iyi nama
Umuyobozi Mukuru wa NIRDA, Dr. Christian Sekomo, yavuze ko hakenewe ubufatanye bw'ibigo hagatunganywa umusaruro uva ku buhinzi hagamijwe gukumira ko wangirika
Ushinzwe gusesengura politike muri WRI mu Rwanda, Munyurangabo Jonas, yavuze ko hakeneye kumenyekanisha ibyo kubyaza imyanda ubukungu bwisubira abantu bakamenya umumaro wabyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages