Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Gicurasi 2026, kibera kuri Kigali Golf Resorts & Villas, cyitabirwa n’abakozi n’abayobozi baho, abayobozi muri Minisiteri ya Siporo, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ndetse n’abo muri Minisiteri y’Ingabo.
Abitabiriye babanje gucana urumuri rw’icyizere, hakurikiraho kumva ubuhamya bwa Karasira Venuste wari utuye Kicukiro, nyuma akaza kunyura mu nzira igoye azizwa uko yavutse.
Karasira yasobanuye ko itariki ya 11 Mata 1994, ari umunsi mubi utazibagirana mu mateka y’Abatutsi barokokeye i Nyanza ya Kicukiro, ahiciwe abari bahungiye muri ETO Kicukiro, bamaze gutereranwa n’ingabo z’Ababiligi zari ziri mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro (MINUAR).
Gusa avuga ko umunsi wakurikiyeho Inkotanyi zahageze zikagerageza gufasha abagifite umwuka wo guhumeka, ari na ko yafashijwe kongera gusubizwa ubuzima no kwiyubaka.
Col Désiré Migambi wari ku rugamba rwo kubohora u Rwanda yasabye urubyiruko gukura amasomo mu buhamya n’amateka y’igihugu bumva, bakacyubaka aho kugisenya.
Ati “Turashaka urubyiruko ruzi ikiriho, urubyiruko ruri mu ngamba kandi rudapfusha ubusa imbaraga rufite. Hari ibyonnyi byinshi bitwara urubyiruko, muri kubona ko hari n’abatangiye guhemukira u Rwanda, bakarusebya, bakanarugambanira.”
“Mujye mumenya ko burya u Rwanda, iyo ururasiye imigozi rurayiguhambiriza. Ntawe uhemukira u Rwanda ngo bizamugwe amahoro. Urubyiruko mureke dufashe Abanyarwanda kugarura ubumuntu.”
Umukozi muri MINUBUMWE, Dr. Emmanuel Hakizimana, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi barenga miliyoni, ari isomo ku mahanga, rigaragaza aho igihugu gishobora kugera igihe cyaranzwe n’amackubiri.
Yasabye abakina Golf gukomeza inzira yo gukora siporo, “kuko ari umwe mu mikino ishobora guhuza abantu, kandi bakaganira ku byabagirira akamaro, aho kuganira ibisenya.”
Umuyobozi wungirije muri Kigali Golf Resorts & Villas, Claire Kayitesi, yavuze ko iki kigo kizakomeza kubaka igihugu, giharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Ati “Umwijima u Rwanda rwanyuzemo ukwiriye kudukome, ndetse ugatuma twamagana amacakubiri twivuye inyuma, ahubwo tukubaka ejo hazaza heza hacu. Natwe rero twiteguye gushyiraho uruhare rwacu muri urwo rugendo.”
Uyu muhango wasojwe hahembwa abakinnyi bitwaye neza mu Irushwanwa rya Golf ryo Kwibuka ryateguwe na Rwanda Golf Union.
Abitwaye neza mu bagore ni Diane Mukunde mu cyiciro cya Handicap 19-36 na Munyana Roselyn mu cyiciro cya Handicap 0-18. Mu bakuze ni Rutamu Innocent wahize abandi.
Mu byiciro by’abagabo hahembwe Twahirwa Davis muri Handicap 19-28, Bunyenyezi Keith muri Handicap 10-18, naho Kabatende Darlington yitwara neza muri Handicap 0-9.
Mu bakinnyi bamaze kumenyekana ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari abakinnyi ba Golf harimo Sakumi Anselme, Bukaka Gérard na Dr Munyangeyo Charles.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!