Tariki ya 18 Ukuboza 2025 ni bwo ibi bikoresho byatanzwe. Buri mwana wiga mu mwaka wa gatandatu mu ishuri ribanza yahawe ibitabo bitanu by’amasomo akorerwa ibizamini bya Leta, hatangwa ibitabo by’abarimu n’imfashanyigisho.
Iri shuri rikuru kandi ryatanze ibikoresho bya siporo birimo imipira yo gukina, incundura ya Volleyball, amashusho yifashishwa kwigisha siyansi, imfashanyigisho z’ibishushanyo n’amapaki y’impapuro zifashishwa mu gutegura ibizamini.
ILPD yatanze ibi bikoresho biturutse ku gitekerezo cy’abakozi bayo basanzwe ari abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ndetse n’abiga amategeko mu byiciro bitandukanye, mu rwego rwo gushyira itafari ku iterambere ry’uburezi.
Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe amasomo muri ILPD, Dr Sezirahiga Yves, yavuze ko bahisemo iki gikorwa kugira ngo bakomeze guteza imbere uburezi, atari muri ILPD gusa ahubwo n’aho babarizwa.
Ati “Icyaduteye gukora iki gikorwa ni uko dushaka kugira uruhare mu guteza imbere uburezi aho tubarizwa nka ILPD. Twahisemo guhera mu mashuri y’ibanze bitewe n’ibibazo birimo, aho usanga umwarimu amara igihe kinini yandika kurusha gusobanura, ari nacyo ibi bitabo bigiye gukemura, aho buri somo umunyeshuri yiga, agira igitabo cyaryo, bityo umwarimu amare umwanya munini asobanura kurusha kwandika ku kibaho.”
Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Mushirarungu, Adrien Rutagarama, yatangaje ko ibikoresho bahawe zigiye kubafasha kuzamura ikigero cy’imitsindire, byorohereze umwarimu gutanga amasomo, umunyeshuri ayasobanukirwe kurushaho.
Yagize ati “Bigiye kudufasha kuzamura imitsindire, byorohereze umwarimu, umwanya yajyaga afata yandika, ashushanya ku kibaho ndetse n’umunyeshuri azarushaho gusobanukirwa neza ibyo yigishwa kuko azaba afite igitabo kibimufashamo.”
Umuyobozi w’ishami rishinzwe uburezi mu karere ka Nyanza, Mushimiyimana Eduard, yabwiye IGIHE ko kuba buri munyeshuri azigira mu gitabo cye bwite ari intambwe ikomeye mu kuzamura ireme ry’uburezi.
Ati “Iba ari intambwe ikomeye cyane mu burezi, iyo buri munyeshuri abasha kwigira mu gitabo cye, kuko bituma ibyo umwarimu amwigishije abyumva neza ku buryo anabifata mu buryo bworoshye.”
Ishuri Ribanza rya Mushirarungu riherereye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza. Rifite ibyumba by’amashuri 14 birimo 12 by’amashuri abanza na bibiri by’ay’incuke. Ryashinzwe na Kiliziya Gatolika mu 1945.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!