00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Abubatsi basanze uruhinja rwapfuye muri ‘envelope’ yajugunywe mu gihuru

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 16 April 2026 saa 09:57
Yasuwe :

Umurambo w’uruhinja wasanzwe muri ‘envelope’ mu Mudugudu wa Karisimbi, Akagari ka Cyivugiza mu Karere ka Nyarugenge bigaragara ko hari uwakuyemo inda agahitamo kurujugunya aho.

Ibi byatangajwe na bamwe mu bubatsi bari hafi aho ku wa 15 Mata 2026, ubwo bari bari kubaka.

Aba bubatsi babwiye BTN ko ubwo batunganyaga aho bari bunyuze itaka, babonye ‘envelope’ irimo uruhinja rwamaze kwitaba Imana bigaragara ko hari uwakuyemo inda akarujugunya aho.

Umwe ati “Ubuzima bwe bwose akiri muri iyi Isi amaraso y’uriya muziranenge agomba kuzamukurikirana.”

Umwe mu babyeyi bubakaga aho yagize ati “Njye ndi umubyeyi, rero kubona umuntu yica ikiremwamuntu rwose ibi bintu leta ibihagurukire, urubyiruko rukwiye kwigishwa kuko ibi bintu bidakwiye rwose kugenda ukica umwana w’uruhinja uba uri inyamaswa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye BTN ko ayo makuru y’urupfu rw’uruhinja bayamenye, ndetse ko iperereza rikomeje.

Yagize ati “Nibyo koko aya makuru twayamenye. Ni abaturage bakoraga akazi k’ubwubatsi muri Cyivugiza, bagiye kumena itaka babona ahantu hari gutuma isazi nyinshi, bahegereye basanga uruhinja muri ‘envelope’ bigaragara ko hari uwakuyemo inda akarujugunya aho.”

Yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane uwajugunye umurambo w’uruhinja aho, ndetse avuga ko umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Nyarugenge gukorerwa isuzuma.

Raporo yo mu 2020 ya Lancet Global Health igaragaza ko mu bushakashatsi rwakoze hagati ya 2015 na 2019 nibura buri mwaka hagaragaye abagore n’abakobwa miliyoni 121 basamye inda zitateganyijwe, abagera kuri 61% muri bo bazikuramo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages