00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Umuganda rusange wibanze ku gusana inzu n’ibyumba by’amashuri byasenywe n’ibiza

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 30 September 2023 saa 10:27
Yasuwe :

Abaturage n’abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge bakoze umuganda wo gusana inzu n’ibyumba by’amashuri byasenywe n’ibiza byakomotse ku mvura nyinshi.

Muri uyu muganda wabaye kuri uyu wa 30 Nzeri, hanatewe ibiti bigera ku 2500 byo kujya bigabanya ubukana bw’umuyaga, mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kigali.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigali, Ntirushwa Christophe yabwiye IGIHE ko hasanwe inzu umunani zari zarasenywe n’ibiza n’ibyumba by’amashuri bitandatu.

Yavuze ko umuganda wakozwe ufite agaciro karenze miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

Ati “Hari ikibazo gikomeye kuko imiryango yasenyewe ntabwo yari ifite aho kuba ikindi abana ubu babonye aho bigira kubera ko ibyumba by’amashuri byasanwe ku gihe.”

Bamwe mu baturage bo muri aka gace bari barasenyewe n’ibiza bavuze ko bishimiye cyane kuba basaniwe inzu cyane ko batari bafite aho kuba.

Uwamariya Claudine yagize ati “Ni ibintu twishimiye kuko twari tumaze igihe ducumbitse mu baturanyi; rero ni iby’agaciro kuba tugiye gusubira mu nzu zacu.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’imibereho y’abaturage, Urujeni Martine, yasabye aba baturage kurizirika ibisenge by’inzu zabo aboneraho kubashishikariza kwishyura mituweli kuko ibafasha igihe bakeneye kwivuza.

Zimwe mu nzu zo mu Murenge wa Kigali zasenywe n'ibiza
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe ubukungu n'imibereho y'abaturage, Urujeni Martine yibukije abaturage kuzirika ibisenge
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yaganirije abaturage nyuma y'umuganda
Abari bitabiriye uyu muganda bahuriye mu biganiro nyuma yo kuwusoza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages