00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yagaragaje inenge ziri muri politiki mpuzamahanga

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 30 December 2024 saa 07:36
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yanenze uburyo muri politiki y’Isi hafatwa ibyemezo bidashingiye ku mpamvu zifatika. Ni igitekerezo yatanze ku rugendo Kiliziya Gatolika yatangiye ruganisha ku kugira umuhire Baudouin wabaye Umwami w’u Bubiligi.

Tariki ya 17 Ukuboza, Kiliziya Gatolika yatangiye urugendo rugana ku kugira Baudouin umuhire, hashingiwe ku cyifuzo Papa Francis yatanze ubwo yagiriraga uruzinduko mu Bubiligi muri Nzeri 2024.

Papa Francis yatanze iki cyifuzo, ashingiye ku kuba Baudouin yaremeye kuva ku ngoma y’u Bubiligi, aho gusinya ku itegeko ryemerera Ababiligikazi gukuramo inda ku bushake.

Baudouin yategetse u Bubiligi kuva mu 1951 ubwo iki gihugu cyakolonizaga u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugeza mu 1993 ubwo yatangaga.

Uyu Mubiligi yimye ingoma, asimbuye Leopold II wari waragize RDC umutungo we bwite, agira Abanye-Congo abacakara bakoreshwaga mu birombe by’amabuye y’agaciro n’ibindi bikorwa byari mu nyungu z’u Bubiligi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, ashingiye ku busesenguzi bw’umwanditsi Amani Athar, yashimangiye ko Baudouin adakwiye kugirwa umuhire hashingiwe gusa ku kuba yaranze itegeko ryemerera abantu gukuramo inda.

Umubano mwiza umaze igihe hagati y’u Bubiligi na Kiliziya Gatolika ni wo Amani yagaragaje ko Papa Francis yashingiyeho mu gusabira Baudouin kugirwa umuhire, hirengagijwe ibikorwa bibi by’ingoma y’u Bubiligi mu gihe cy’ubukoloni.

Yifashishije urubuga nkoranyambaga X, kuri uyu wa 30 Ukuboza 2024 Perezida Kagame yasubije Makolo ko muri iki gihe, bigoye cyane gukora ibintu hashingiwe ku mpamvu zifatika, cyane cyane muri politiki.

Perezida Kagame yagize ati “Muri iyi minsi, biragoye cyane gukora ibintu hashingiwe ku mpamvu zifatika! Ibiriho ku Isi, cyane cyane muri politiki ni uko: Nta makuru akenewe, nta bimenyetso cyangwa inyurabwenge bikenewe. Ahubwo ni… ‘Ku bo bireba’!!!”

Igikorwa cyo kugira umuntu umuhire kibanziriza kumugira umutagatifu. Kiliziya Gatolika igaragaza ko abaranzwe n’ibikorwa by’indashyikirwa ku Isi birimo kwitangira abandi ari bo bashyirwa muri iki cyiciro.

Papa Francis yasabiye Baudouin kugirwa umuhire kubera ko yanze itegeko ryemerera abantu gukuramo inda
Yolande Makolo yagaragaje amafoto agaragaza uburyo Ubwami bw'u Bubiligi bwafataga nabi abo bwakolonizaga
Hari abasigiwe ubumuga n'Ababiligi mu gihe bakolonizaga ibihugu by'akarere
Perezida Kagame yagaragaje ko muri politiki y'Isi hakorwa ibintu nta mpamvu zifatika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages