Umukuru w’Igihugu yitabiriye iyi nama ya 18 hamwe n’abandi bayobozi batandukanye ku Isi. Azahuriramo kandi n’umuyobozi wa WPC unayobora Ikigo cy’u Bufaransa gishinzwe guteza imbere imibanire mpuzamahanga, Ifri, Thierry de Montbrial.
WPC ni inama mpuzamahanga ihuza abantu b’ingeri zinyuranye baturutse ku Isi, bakaganira ku ngingo zishingiye ku guteza imbere imikoranire itabogamye, ishingiye ku bwubahane hagati y’ibihugu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame na Thierry de Montbrial baraza guhurira mu musangiro, ahari butangirwe ibiganiro binyuranye birimo imiterere y’imikoranire mpuzamahanga hagati y’ibihugu muri iki gihe, uruhare rwa politiki mpuzamahanga ndetse n’izindi ngingo zireba Afurika.
WPC yashinzwe mu 2008 igamije guteza imbere imiyoborere myiza ku Isi, gusuzuma no kuganira ku bisubizo biboneye ku bibazo byo mu karere na mpuzamamahanga, ku buryo bwo kubaka icyizere n’ubworoherane.
Mu bayobozi bandi bategerejwe muri iyi nama harimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, uza kugeza ijambo ku bayitabiriye.
Abandi ni Perezida wa Sena y’u Bufaransa, Gérard Larcher; Perezida wa Serbia, Aleksandar Vučić; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango w’Ibihugu by’Abarabu, Nabil Fahmy; Umujyanama mu bya dipolomasi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Anwar Gargash; Perezida wa Institut du Monde Arabe, Anne-Claire Legendre; Umuyobozi Mukuru wa TotalEnergies, Patrick Pouyanné; uwashinze ikigo cy’ishoramari cyo mu Bufaransa, Ardian, Dominique Senequier n’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!