Ibyo yabitangaje nyuma y’uko urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Sénégal rwanzuye ko ibikorwa byo kwigiza inyuma amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ateganyijwe ku wa 25 Gashyantare binyuranyije n’amategeko, runatesha agaciro iteka rya Perezida Macky Sall riyimurira mu Ukuboza 2024.
Icyemezo cyo gusubika amatora cyari cyateje imyigaragambyo mu gihugu yaguyemo abantu batatu, abandi barakomereka.
Ibiro bya Perezida wa Sénégal byatangaje ko Macky Sall agiye kubaha icyemezo cy’urukiko kandi asaba ko amatora yaba vuba byihuse.
Byakomeje bigira biti “Perezida arashaka gushyira mu bikorwa icyemezo cy’urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga.”
Abadepite bari bamaze kwemeranya na Macky Sall ko amatora yasubikwa ariko uru rukiko rwo rwagaragaje ko uyu mwanzuro unyuranyije n’amategeko.
Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bishimiye icyemezo cy’urukiko ndetse banasaba ko Macky Sall yategura amatora mbere y’uko manda ye irangira tariki 2 Mata 2024.
Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Sénégal, Khalifa Sall, yahamije ko nta kabuza Perezida Sall azatanga ubutegetsi narangiza manda ye tariki ya 2 Mata.
Biragaragara ko amatora atazabera igihe cyagenwe ndetse no kuyashyira mbere y’itariki ya 2 Mata bisa n’ibidashoboka nubwo Macky Sall yavuze ko hazakorwa ibishoboka kugira ngo abe vuba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!