00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Zelensky ari guteganya guhagarika undi musirikare mukuru

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 6 February 2024 saa 09:52
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ari guteganya guhagarika mu kazi umuyobozi ushinzwe imiyoborere y’igisirikare, Lieutenant General Serhiy Shaptala.

Ni amakuru amenyekanye nyuma y’andi avuga ko Zelensky ashaka kwirukana n’Umugaba Mukuru w’ingabo, General Valery Zaluzhny, bitewe n’uko bananiwe kumvikana ku kwinjiza abasirikare bashya mu ngabo z’igihugu.

Washington Post yatangaje ko tariki ya 26 Mutarama 2024, Zelensky yahuye na Gen Zaluzhny, amumenyesha ko azamuhagarika nyuma y’impaka bagiye ku migendekere y’intambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Ikinyamakuru Ukrainskaya Pravda cyo muri Ukraine, cyatangaje ko atari Zaluzhny gusa uzahagarikwa mu kazi, kuko iki cyumweru kizashira Shaptala na we atakiri mu nshingano.

Amakuru y’uko aba basirikare batari mu bihe byiza yasanishijwe n’ubutumwa bwa Zaluzhny bwifuriza Shaptala isabukuru nziza y’amavuko.

Uyu musirikare, mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yabwiye mugenzi we ko bazakomererwa ariko ko batazakorwa n’isoni. Ati “Bizadukomerera ariko ntabwo tuzakorwa n’isoni na mba. Nishimiye ko muri ubu buzima no mu ntambara wari hafi yanjye. Isabukuru nziza nshuti yanjye! Twizerera mu byiza. Twarabibonye."

Shaptala ari muri iyi nshingano kuva muri Nyakanga 2021. Afite ibigwi byo kuba mu 2015 yaratsinze urugamba Batayo y’128 yari ayoboye yari ihanganyemo n’imitwe yitwaje intwaro yo muri Donesk na Luhansk ishyigikiwe n’u Burusiya.

General Valery Zaluzhny yamenyeshejwe ko azahagarikwa
Zaluzhny yifurije Shaptala isabukuru nziza, amumenyesha ko batazakorwa n'isoni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages