Ubuyobozi bwa RRA busobanura ko iyo bigenze gutyo haba hakozwe ibyaha bibiri birimo kugabanya umusoro ku nyongeragaciro n’umusoro ku nyungu kandi ko umucuruzi n’umuguzi bafatwa nk’abafatanyacyaha.
Ruganintwali agira inama abaguzi ba nyuma kutihanganira ibyo bintu ahubwo bakajya bagenzura neza fagitire bahawe.
Yagize ati "Aya makuru turayazi. Iyo uguze bakaguha inyemezabuguzi iriho make biteza igihombo kuko umusoro umenyekanishwa aba ari muto. Nashishikariza abaguzi kuba maso kuko bari kwishyira mu bibazo bitari ngombwa.”
Yavuze ko hari uburyo bugiye gushyirwaho bwo guha agahimbazamusyi ku muguzi wa nyuma ku musoro nyongeragaciro.
Ati “Twibwira ko nta muntu uzemera guhabwa fagitire iri hasi kuko na we bizagabanya ‘inyungu’ ye; tubona ari uburyo bwatuma abantu bakanguka."
Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/2021, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cyinjije mu isanduku ya Leta, imisoro ingana na miliyari 1654,5 Frw. Mu mwaka ushize cyakusanyije umusoro wa miliyari 2332,3 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!