Bamwe mu barirema baganiriye na IGIHE bahuriza ku cyifuzo cy’uko ryasanwa, rikongera rikazitirwa nk’uko ryahoze.
Uwitwa Bangamwabo Simon yagize ati “Iri soko rirashaje ku buryo uruzitiro rwaryo rwashizeho. Iyo imvura iguye, inka ziratoroka zikajya kona imyaka y’abaturage. Turifuza ko ubuyobozi bwarisana kuko ryinjiza imisoro myinshi.”
Mugenzi we na we yunzemo ati “Inka zisohoka uko zishakiye kandi izinjiye mu isoko zigomba gusora, bikaba byatuma rwiyemezamirimo ahomba.”
Habinshuti Jean ahamya ko uruzitiro rw’iri soko rwangiritse cyane rushobora guteza amakimbirane hagati y’abacuruzi bazo ndetse n’abaturage bafite imirima ikikije iri soko.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko abatekinisiye basabwe gukora inyigo yoroheje y’ibikenewe kugira ngo uru ruzitiro rutangire rusanwe guhera muri Nyakanga 2025.
Ati “Iki kibazo twakibonye muri uyu mwaka kandi ibikorwaremezo birasaza bikavugururwa. Twatumye abatekinisiye kudukorera inyigo yoroheje, hakagaragazwa amafaranga akenewe, tugatanga isoko cyangwa tugakorana na rwiyemezamirimo dusanzwe dukorana kandi ntibigomba kurenza mu ntangiriro z’umwaka w’ingengo y’imari 2025-2026, bivuze mu ntangiriro za Nyakanga.”
Meya Mulindwa yaboneyeho gusaba abarikoreramo kuribungabunga kuko byagaragaye ko hari abantu baryangiza.
Iri soko ryabanje gukorera i Mudende, ryimurirwa ahubatse ibiro by’Umurenge wa Kanzenze, na none riza kwimurirwa aho rikorera ubu hitaruye umuhanda wa kaburimbo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!