Aba bakozi bagaragarije Minisitiri Rwanyindo ko ubuyobozi bw’urwo ruganda rutazamura abakozi mu buryo bukurikije amategeko, bavuga ko hari abakozi batazamurwa mu ntera kandi babikwiriye.
Nizeyimana Faustin uhagarariye Abakozi b’Uruganda rw’Icyayi cya Pfunda, yavuze ko ikibazo cy’ibanze ari ukutagira amategeko.
Ati “Hashyizweho amategeko agenga izamurwa mu ntera n’amashimwe yo mu kazi byaba ari igisubizo cyiza kuko niho ibibazo bishingiye. Ntawatekereza ko harimo amarangamutima cyangwa icyenewabo bituma bamwe basigara inyuma ahubwo byaba igisubizo kirambye.”
Minisitiri Rwanyindo yijeje aba bakozi ko azabafasha gushyiraho amategeko.
Ati “Bagaragaje ko bafite ibibazo cyane cyane ba nyakabyizi badafite amasezerano kandi bamaze igihe bakora, ni nayo mpamvu dukomeza gushishikariza abakoresha ko bagomba kubahiriza itegeko ry’umurimo. Tugiye gukomeza kuganira nabo tubereka inyungu iri mu gukoresha umukozi ufite ibyo yemerewe kuko atanga umusaruro mwinshi.”
Umunsi Mpuzamahanga w’Umutekano mu Kazi mu Rwanda wizirijwe mu Karere ka Rubavu, ukaba ugamije gushishikariza abakoresha kwita ku nyungu z’abakozi mu gihe bari mu kazi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!