00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Abantu batatu bishwe n’ibikekwa kuba inzoga zitujuje ubuziranenge

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 4 February 2026 saa 05:57
Yasuwe :

Abantu batatu bo mu Karere ka Ruhango barimo abagabo babiri n’umugore umwe, bitabiye Imana, hakekwa ko baba bishwe n’inzoga zitujuje ubuziranenge basangiraga ari bane.

Amakuru y’izi mpfu yatangiye kumenyekana ku wa 02 Gashyantare 2026. Byabereye mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Bweramana.

Amakuru IGIHE ifite avuga ko aba bantu bapfuye mu bihe bitandukanye, mu gihe uwa kane arembeye mu Bitaro bya Gitwe, biherereye mu Karere ka Ruhango.

Abaturanyi babo bavuze ko abapfuye batakaga kuribwa mu nda n’umutwe, nyuma yo gusangira inzoga, ari na byo baheraho bakeka ko ari yo yabishe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yabwiye IGIHE ko mu bapfuye harimo n’abakoraga iyi nzoga itujuje ubuziranenga, ari na yo mpamvu hatabonetse uryozwa gukora iyi nzoga.

Ati “Umwe mu bazinyoye aracyarembeye mu Bitaro bya Gitwe, ndetse n’iperereza ryaratangiye ngo hamenyekane ukuri ku cyateye izi mpfu.”

CIP Kamanzi yakomeje asaba abantu kureka gukora inzoga zitujuje ubuziranenge, anibutsa abaturage gushishoza, ntibemere kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge kuko zangiza ubuzima.

Abantu batatu bo mu Ruhango, bishwe n’ibikekwa kuba inzoga zitujuje ubuziranenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages