Amafoto ya Jacques Tuyisenge yashyizwe ahagaragara yateye Ivi imbere y’umukunzi we Jordin ukomoka muri Uganda amwambika impeta. Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.
Uyu mukinnyi wa APR FC n’umukunzi we bari bafite ubukwe muri uku kwezi busubikwa bitewe n’ingamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi muri ibi bihe.
Tuyisenge Jacques ufite imyaka 29, yanyuze mu makipe atandukanye mu Rwanda no muri Afurika, arimo Kiyovu Sports yavuye mo yerekeza muri Police FC. Yagiriyemo amahirwe yo kwerekeza muri Gormarhia yo muri Kenya ayigiriramo ibihe byiza.
Yavuye muri Kenya yerekeza muri Angola mu ikipe ya Petro-Atletic de Luanda yavuyemo asubira mu rwamubyaye asinyira ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC muri Mata 2020 amasezerano azageza mu mwaka 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!