00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Abananiwe kwishyura inguzanyo za miliyoni 171 Frw basonewe

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 19 April 2022 saa 08:50
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko hafashwe umwanzuro wo gukuraho inguzanyo za VUP zifite agaciro karenga miliyoni 171 Frw zari zaratanzwe kuva mu 2009 kugera mu 2015 kuko abazihawe byagaragaye ko batagifite ubushobozi bwo kuzishyura.

Hari kandi n’abacuruzi 409 basonewe kuko byagaragaye ko ibikorwa byabo bitakoraga mu gihe cya Covid 19.

Gutoranya aba baturage kugira ngo bakurirweho inguzanyo byakozwe n’abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ari nazo zagiye zemeza ko umuntu atagifite ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo yahawe.

Uyu mwanzuro ukaba warafashwe hashingiwe ku mabwiriza y’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA) kuko ari cyo cyari cyaratanze izi nguzanyo, kikaza gusaba ko abatagishoboye kwishyura bavanwa mu bitabo by’imari.

Nyirakamineza Marie Chantal uyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, avuga ko bemeje gusonera aba baturage kuko batari bagishoboye kwishyura.

Ati “Mu ngingo zasuzumwe ndetse zikemezwa muri iyi nama y’Inama Njyanama y’Akarere iheruka harimo gusiba inguzanyo za VUP mu bitabo by’imari bigaragara ko zidashobora kwishyurwa ku mpamvu zitandukanye.”

Abasonewe kwishyura inguzanyo za VUP bari mu byiciro 4 birimo abari bafite imishinga igahura n’ibiza, abahawe inguzanyo ariko bikagaragara ko bagiye mu bukene bukabije. Hari kandi abapfuye ndetse hari n’abimukiye ahantu hatazwi.

Inama Njyanama y'Akarere ka Rutsiro yemeje ko miliyoni 171 Frw zisonerwa abananiwe kuzishyura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages