Iyo mpanuka yabereye mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Remera, Umudugudu wa Bigabiro ubwo ubwato bwarimo abaturage 33, barimo abagabo 13 n’abagore 20, bwahuraga n’umuhengeri.
Havugimana Etienne, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe Imari n’Iterambere, yemeje aya makuru, avuga ko hari abaturage batatu baburiwe irengero.
Ati Impanuka yabaye mu masaha ya Saa munani ubwo ubwato bwari butwaye abantu 33 bagana Ku kirwa cya Bugarura bwahuraga n’umuyaga mwinshi. Iyi mpanuka [birakekwa ko] yatewe n’umuyaga mwinshi wari mu Kiyaga cya Kivu, ndetse abari baburimo nta ‘Life Jacket’ bari bambaye kandi n’ubwato barimo ntabwo ari ubwagenewe gutwara abantu.”
Abaturage baburiwe irengera barimo gushakishwa ku bufatanye n’inzego z’umutekano, abagize ibindi bibazo bakaba bari kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Boneza, abarembye cyane bakaba bajyanywe Ku bitaro bya Murunda.
Muri aka kagari kabereyemo iyi mpanuka y’ubwato, haherukaga kubera indi mpanuka muri Kanama 2021, aho yahitanye abagore babiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!