Ingingo y’iri tegeko igamije guhagarika imanza zaregwamo Perezida wa Repubulika, Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umwungirije n’abandi bayobozi bakomeye.
Kuvugurura iri tegeko nibyemezwa, bizaha Urukiko Rukuru ububasha bwo gukuraho imanza kuri aba bayobozi.
Ikinyamakuru The Citizen cyavuze ko umushinga w’iri tegeko watowe n’abadepite benshi ku wa Gatatu ariko wamaganwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bavuga ko uhonyora Itegeko Nshinga no kubazwa ibyo umuntu akora.
Umuyobozi wungirije w’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania, Dr Tulia Ackson, yagize ati "Abadepite benshi batoye uyu mushinga ariko dutegereje ko Perezida wa Repubulika awushyiraho umukono ugashyirwa mu bikorwa.”
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Amategeko n’Uburenganzira bwa Muntu muri Tanzania, Anne Henga, we yagaragaje ko uwo mushinga udakwiye.
Yakomeje avuga ko “Kurinda abayobozi kuregwa igihe babangamiye uburenganzira bw’Itegeko Nshinga, bisobanura kubaha ububasha bwo gukomeza guhonyora uburenganzira bwa muntu.’’
Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu kandi yemeje umushinga w’itegeko rihindura amategeko 13 atandukanye, ubu hategerejwe ko yemezwa na Perezida Magufuli.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nayo ivuga ko iri vugurura rizayibuza gushaka ubutabera mu izina ry’abahohotewe.
Mu mwaka ushize, Tanzania yabujije abantu n’imiryango itegamiye kuri Leta kurega Guverinoma mu buryo butaziguye, mu Rukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, rufite icyicaro muri iki gihugu.
Kuva Perezida John Magufuli yajya ku butegetsi mu 2015, yagiye anengwa kubangamira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, kugabanya ubwisanzure, guhohotera abanyamakuru n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO