00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Canopy Walk mu birunga, imidugudu y’imiryango ibihumbi 200; Ishusho ya Musanze mu 2050

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 7 August 2025 saa 08:02
Yasuwe :

Ubukerarugendo bwihariye 9,8% by’umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu 2024, ndetse byitezwe ko uruhare rwabwo ruzakomeza kwiyongera. Akarere kazwiho ubukerarugendo ka Musanze gafitemo uruhare rukomeye kuko gasurwa n’abakunzi benshi b’ibyiza nyaburanga by’igihugu birimo ingagi zo mu misozi miremire zihuruza amahanga.

Leta y’u Rwanda ifite intego yo kubaka muri aka karere ibikorwaremezo byinshi bishingiye ku bukerarugendo ndetse n’iterambere ry’ubukungu bushingiye ahanini ku bucuruzi, kugira ngo kazabe igicumbi gihamye cy’ubukerarugendo ku rwego rw’igihugu.

Ibi bizaba byiyongera kuri hoteli ziri ku rwego mpuzamahanga nka Wilderness Bisate, Wilderness Sabyinyo, Singita Kwitonda Lodge, One & Only Gorilla’s Nest na Amakoro Songa Lodge ziherereye munsi y’ibirunga n’izindi ziri mu mujyi rwagati nka Fatima Hotel, Classic Hotel, Virunga Hotel na Hotel Muhabura.

Bivuze ko niba ugeze i Musanze uyu munsi, ukazasubirayo mu myaka 25, uzasanga umujyi w’aka karere kabarizwamo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga warabaye nk’imwe abenshi bifuza guturamo i Burayi na Amerika.

Kugira ngo Musanze iteye imbere kuri uru rwego izabeho, byasabye ko itegurirwa igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze n’imitunganyirize by’ubutaka kijyanye n’icyerekezo 2050, cyemezwa mu Iteka rya Minisitiri No 006/25/10/TC ryo ku wa 28/07/2025.

Imishinga iteganyirijwe akarere ka Musanze ishingiye ahanini ku guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo rufitiye abaturage akamaro ndetse no kubaka ibikorwaremezo bifasha abagatuye n’abagasura kubona serivisi bakenera mu buryo bworoshye kandi bwihuse.

Ishusho y'umujyi wa Musanze muri iki gihe

Isura nshya y’umujyi

Ibyiza nyaburanga biri mu karere ka Musanze birimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga icumbikiye ingagi zo mu misozi miremire, Ikiyaga cya Ruhondo, ishyamba rya Buhanga (ryimikirwagamo abami) riri ku buso bwa hegitari 31 n’ubuvumo bwa Musanze.

Ikibuga cy’indege gito cya Musanze ni igikorwaremezo cy’ingenzi ku bakerarugendo basura ibyiza nyaburanga bitatse aka karere. Mu rwego rwo gufasha abakerarugendo kubigeraho biboroheye, hari gahunda yo kucyagura.

Akarere ka Musanze kazaba gafite “Ruhengeri Convention Centre”, inyubako izajya yakira inama zo ku rwego rw’igihugu na mpuzamahanga, yunganira Kigali Convention Centre iri mu mujyi wa Kigali.

I Musanze hari ibitaro bimwe byo ku rwego rw’akarere, ibigo nderabuzima 17, amavuriro y’ibanze 32 n’andi atandatu yigenga. Leta y’u Rwanda iteganya kongera ibi bikorwaremezo, ku buryo mu 2050 hazaba hari ibitaro bibiri, buri murenge ukagira ibigo nderabuzima bibiri.

Ikibuga cy'indege cya Musanze kizajyanishwa n'iterambere ry'ubukerarugendo

‘Canopy Walkway’ mu birunga

Kimwe mu bishimisha abasura Pariki ya Nyungwe mu Majyepfo y’Iburengerazuba bw’u Rwanda ni ukugendera ku kiraro cyo mu kirere, ureba munsi yawe inkende, inyoni n’ibiti byiza biyitatse.

Byagaragaye ko mu basura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga harimo abari mu zabukuru batoroherwa no kuzamuka imisozi yaho, ku buryo bakenera akabando cyangwa se ababafasha ibikapu bakanabasindagiza.

Ni muri urwo rwego hafashwe icyemezo cyo kuzubaka inzira yo mu kirere (Canopy Walkway) mu birunga, izafasha abakerarugendo gutembera iyi Pariki, bishimira kureba ibinyabuzima birimo ingagi, imbogo, inkende n’inkima.

Pariki y'Ibirunga izashyirwamo inzira yo mu kirere ihuza imisozi yayo

Santere ya Byangabo iteye imbere

Santere ya Byangabo iherereye mu bilometero 12 uvuye mu mujyi wa Musanze. Ifite isoko riremwa cyane n’abaturuka mu karere ka Nyabihu na Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, bituma ryinjiriza cyane Akarere ka Musanze.

Iyi santere iri ku rwego rw’umujyi muto iri ku buso bwa hegitari 448,9, mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Musanze, izubakwamo agakiriro hafi y’isoko mu rwego rwo kongera imirimo ihangwa.

Bitewe n’abagana iyi santere byitezwe ko bazakomeza kwiyongera, hari gahunda yo kwagura isoko ryayo ndetse biteganyijwe ko hazubakwa gare izajya yakira abagenzi bakoresha umuhanda munini wa Musanze-Rubavu.

Byangabo izubakwamo site igezweho yo gushyiramo imyanda ituruka mu bikorwa by’ubucuruzi ndetse no mu baturage mu rwego rwo kuvugurura gahunda y’isuku mu mijyi.

Mu 2050, ubutaka bungana na 56,8% bwo mu Byangabo buzaba ari ubwo guturaho kandi hazaba hemerewe kubakwa inzu zirimo izigeretse ariko zitari ndende cyane. 10,3% buzaba ari ubw’ibikorwa rusange, 7,3% buzaba bugenewe ibikorwa by’ubuhinzi bwo ku rwego rw’umujyi, 4,2% buzaharirwe amashyamba.

Santere ya Byangabo izaba ifite isoko rivuguruye, agakiriro ndetse na gare

Kinkware na Kampara i Nyakinama

Santere ya Kinkware na Kampara zifite ubuso bwa hegitari 620. Ziherereye mu bilometero 7 uvuye mu mujyi wa Musanze rwagati. Ni ho hari Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, Rwanda Peace Academy n’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro, RP/Musanze.

Biteganyijwe ko izi santere ziri ku rwego rw’umujyi muto zizakomeza gutera imbere bitewe n’ibikorwaremezo bizirimo ndetse n’imirimo ikorerwamo no mu bice bihegereye irimo ubucuruzi buciriritse, ubukorikori n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Kugira ngo ibikorwa byo muri izi santere bizarusheho kugenda neza, hazavugururwa umuhanda wa Musanze-Nyakinama-Vunga-Janja kandi zizubakwamo agakiriro kagezweho hagamijwe gufasha abakora imirimo y’ubukorikori.

Leta y’u Rwanda iteganya kuvugurura site y’ubukerarugendo ya Nkotsi na Bikara iherereye mu Murenge wa Nkotsi, kugira ngo abayigana bazakomeze kuryoherwa na serivisi zihatangirwa, bishimira ibyiza nyaburanga biyitatse.

Rwanda Peace Academy n'ibindi bigo bikomeye biri i Nyakinama

Umudugudu wa Cyahafi imbere y’ibirunga

Biteganyijwe ko mu mirenge 15 yose igize akarere ka Musanze hazubakwa imidugudu igezweho. Muri rusange hazubakwa inzu zizacumbikira imiryango 200.750 irimo 112.500 yo mu mujyi, 13.250 yo muri santere zunganira umujyi na 75.000 mu byaro.

Mu marembo y’ibirunga nka Sabyinyo hazubakwa umudugudu ugezweho wa Cyahafi uzacumbikira imiryango isanzwe ihatuye ndetse n’abandi bashobora kuhimukira. Hazaba hari inzu nziza zizaba zubatswe mu buryo butandukanye.

Nk’uko byagenze ku midugudu y’icyitegererezo yamaze kubakwa, umudugudu wa Cyahafi uzaba ufite agace kahariwe ubucuruzi, ibikorwaremezo rusange nk’amashuri mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi zose bakenera.

Ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu 2022 ryagaragaje ko akarere ka Musanze kari gatuwe n’abaturage 476.522. Iteganyamibare rigaragaza ko mu 2035 kazaba gatuwe na 607.163, bagere ku 803.000 mu 2050.

Uzaba atuye mu mudugudu wa Cyahafi azajya abona ikirunga cya Sabyinyo imbere ye
Umudugudu wa Cyahafi uzaba urimo amagorofa ageretse gatatu
Kurengera ikirere bizibandwaho kugira ngo abaturage bajye bahumeka umwuka mwiza
Imiryango 75.000 yo mu byaro izatuzwa mu midugudu igezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages