00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwemeje ko NATO yohereje abasirikare mu ntambara yo muri Ukraine

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 February 2024 saa 01:53
Yasuwe :

Igisirikare cy’u Burusiya cyemeje ko Umuryango w’ubutabazi wa NATO umaze igihe wohereje mu ntambara yo muri Ukraine abasirikare bo kuyifasha.

Umuyobozi wungirije w’ibiro by’igisirikare cy’u Burusiya, Colonel General Sergey Rudskoy kuri uyu wa 19 Gashyantare 2024 yatangarije ikinyamakuru Krasnaya Zvezda ko aba basirikare boherejwe kugira ngo bakoreshe intwaro Abanya-Ukraine batari kubasha.

Col Gen Rudskoy yagize ati “Abasirikare ba NATO bigize abacancuro bari muri ibi bikorwa bya gisirikare. Bakoresha intwaro zikumira ibitero byo mu kirere, izirasa roketi nyinshi, bakajya no kugaba ibitero.”

Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya isobanura ko kuva muri Gashyantare 2022, iyi ntambara imaze kwicirwamo abacancuro b’abanyamahanga barenga 5900, mu gihe abasirikare ba Ukraine bapfiriyemo bari hafi ya 160.000.

Yatangaje kandi ko muri Mutarama 2024, u Burusiya bwiciye mu gitero abacancuro biganjemo abavuga Igifaransa barenga 60. U Bufaransa bwasobanuye ko Abafaransa bariyo bagiye ku giti cyabo, igihugu kitabohereje.

Igisirikare cya Ukraine cyo kigaragaza ko kugeza kuri uyu wa 19 Gashyantare abasirikare b’u Burusiya 403.720 bamaze kuzira iyi ntambara kuva yatangira mu 2022. Gisobanura ko uyu mubare ukubiyemo abapfuye n’inkomere.

Kugeza magingo aya, NATO igizwe n’ibihugu 30 birimo Amerika, u Bufaransa, u Budage n’u Bwongereza. Ibi ni byo byafashe iya mbere mu guha Ukraine intwaro ziyifasha guhangana n’u Burusiya, zirimo izirasa missile nka HIMARS, Patriots n’ibifaru nka 31M1 Abrahams, Leopard na Challenger.

Col Gen Rudskoy yatangaje ko NATO ifite abasirikare barwanira Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages