Ambasade y’u Rwanda yatangaje ko muri uwo muhango, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Amb. François Nkulikiyimfura, mu gihe ku ruhande rw’u Bufaransa hari ambasaderi wabwo mu Rwanda, Amb. Aurélie Roussel-Garneau n’Umuyobozi ushinzwe abanyamahanga mu Bufaransa muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Laurent Touvet.
Abo bayobozi bose bashyize umukono kuri ayo masezerano bagaragaje ko afite uruhare rukomeye mu kurushaho gushimangira ubufatanye n’umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi.
Ayo masezerano yashyizweho umukono nyuma y’’uko ku wa 2 Kamena 2026, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari kumwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, bafunguraga ku mugaragaro urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwahawe izina rya ‘Les Archives’.
U Rwanda n’u Bufaransa bisanganywe umubano mwiza mu nzego zitandukanye zirimo iterambere, uburezi, ubutabera n’izindi zinyuranye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!