00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rugiye kwakira ikigo kizajya gitangirwamo amasomo y’ubutumwa bw’amahoro

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 February 2024 saa 05:23
Yasuwe :

Mu Rwanda hagiye gushingwa ikigo cyihariye kizajya gitangirwamo amasomo yakuwe mu butumwa bw’amahoro mpuzamahanga mu bihugu bitandukanye.

Inama itegura uyu mushinga yahuje ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi (UNITAR) yabereye i Kigali kuri uyu wa 12 Gashyantare 2024.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yibukije abitabiriye iyi nama ko kuva mu 2004 ubwo u Rwanda rwatangiraga ubutumwa bw’amahoro, hari byinshi rwabonye rukwiye gusangiza ibindi bihugu.

Gen Muganga yagize ati “Imbuga z’ubutumwa bw’amahoro ziberamo ibintu byinshi mu rwego rw’umutekano, ubutabazi no mu makuru ya politiki, amakuru ayobya cyangwa abeshya ndetse n’imvugo z’urwango, bibangamira ibikorwa byo kurinda abasivili, ituze n’umutekano by’abarinzi b’amahoro bacu.”

“Birenze guhanahana amasomo ndetse n’ibikorwa, hamwe no kugerageza uburyo bushya, iki kigo cyaba urundi rwego ruzajya rutanga amahugurwa mu gihe rwahabwa ibikoresho no mu gihe ibikenerwa byaba bihari.”

Ubutumwa bw’Amahoro bwa Loni bwatangiye muri Gicurasi 1948 ubwo akanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano kafataga icyemezo cyo kohereza abasirikare mu burasirazuba bwo hagati kugira ngo kagenzure amasezerano y’amahoro ya Israel n’ibihugu by’Abarabu bituranye na yo.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite abasirikare n’abapolisi mu butumwa bw’amahoro bw’uyu muryango mu bihugu birimo Repubulika ya Centrafrique na Sudani y’Epfo. Rwigeze no kubohereza muri Sudani.

Ruhagarariwe n’abasirikare basaga 4500 muri ibi bihugu bibiri, ubu rukaba ruri ku mwanya wa kane mu bihugu bifite abasirikare benshi muri ubu butumwa bwa Loni.

Gen Muganga yagaragaje ko amasomo yakuwe mu butumwa bw'amahoro akwiriye kwigishwa
Abasirikare b'u Rwanda n'itsinda rya UNITAR mu ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages