00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uburyo bw’Inzira y’Iterambere ‘FCAP’ bwafashije abagore n’abafite ubumuga kwikemurira ibibazo

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 17 September 2025 saa 04:30
Yasuwe :

Abagore n’abantu bafite ubumuga bo mu turere Spark Microgrants ikoreramo, barishimira iterambere bamaze kugeraho binyuze muri ‘Facilitated Collective Action Process – FCAP’, uburyo butoza abatuye umudugudu gukorera hamwe no kwifatira imyanzuro mu mucyo hagamijwe iterambere buri wese yagizemo uruhare.

Mu nama y’Inzira y’Iterambere, abatuye mu mudugudu runaka basuzuma ibibazo bafite, bityo bakihitiramo imishinga ibafitiye inyungu izabafasha kubikemura, bityo Spark Microgrants ikabatera inkunga ndetse ikabereka n’uburyo bakwitinyuka bakitabira ibikorwa by’iterambere.

Aba baturage bagaragaza ko bungutse ubumenyi mu by’imari no kwikorera igenamigambi rigamije iterambere.

Nyirakamagaza Clémentine agaragaza ko nk’umugore yafashe iya mbere mu kwitabira amahugurwa ya Spark Microgrants ndetse kuri ubu akaba ari we ukuriye ibikorwa by’uburyo bw’Inzira y’Iterambere mu gace aherukamo.

Yagize ati “Inzira y’Iterambere igitangira mu mudugudu wacu hari abatarahise babyumva, ubwitabire bwari hasi, dufata iya mbere duhabwa amahugurwa nyuma natwe tujya kuganiriza abandi, abemeye na bo bakaza bakajya hamwe n’abandi mu itsinda tugafatanya kwikemurira ibibazo.”

“Gahunda y’Inzira y’Iterambere yagize uruhare mu kudutinyura no kumva ko kwita ku rugo atari ugushaka ibitunga umuryango gusa, ahubwo hari no kwita ku isuku y’ibyo dukora. Amahugurwa twahawe yabaye intangiriro nziza yo kwiteza imbere kuko ubu maze kugura imirima ibiri no kuvugurura inzu.”

Rwamanywa Phineas ufite ubumuga bw’ingingo, avuga ko Inzira y’Iterambere yamuhinduriye ubuzima binyuze mu mahugurwa yahawe na Spark Microgrants.

Ati “Binyuze mu nzira y’iterambere no ku nkunga ya Spark Microgrants, umudugudu wacu wahisemo ubworozi bw’inka. Nagize amahirwa ntoranywa mu bazihawe. Narayoroye irabyara ndayigurisha amafaranga nyakoresha mu bikorwa by’iterambere bitandukanye, ariko nkakomeza no korora.”

“Nk’umuntu ufite ubumuga, Inzira y’Iterambere ntiyampeje ahubwo yanyeretse ko uwo waba uri we wese wakora kandi ukagera ku iterambere wifuza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke wungirije wa ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Aime François Niyonsenga, avuga ko uyu mushinga wahinduye uburyo abaturage bitabira gahunda za Leta ndetse n’imitekerereze yabo yateye imbere.

Ati “Ni umushinga wahinduye byinshi ku baturage cyane cyane mu myumvire kuko abaturage basigaye bitabira neza gahunda za leta n’imishinga rusange. Urugero ni ibijyanye no gutanga Mutuelle kuko babikora 100%.”

Imwe mu mishinga abakorana na Spark Microgrants bakunda gushyira mu bikorwa binyuze mu nkunga nto y’igishoro bahabwa, ni ubuhinzi, ubucuruzi, ubudozi, n’iyo gutanga servisi hifashishijwe ikoranabuhanga nk’Irembo n’iyindi.

Aborora inka zibafasha mu kwiteza imbere no mu bindi bikorwa
Abaturage mu Mudugudu wa Bucyaba, biyuzurije inzu y’umudugudu ifite agaciro k'asaga miliyoni 7 Frw
Abatuye mu Mudugudu wa Kirabo bakoze umushinga wo gutanga serivisi z'Irembo
Gahunda y'Inzira y’Iterambere ntiheza n'abafit ubumuga batuye mu mudugudu
Imwe mu mishinga abakorana na Spark bakora harimo n'ubudozi
Inzira y'Iterambere yafashije abagore kwitinyuka bakitabira gahunda za Leta
Nyirakamagaza yavuze ko uretse kubafasha kwitinyuka nk'abagore, Inzira y’Iterambere yabafashije no kwiteza imbere
Rwamanywa Phineas avuga Inzira y'Iterambere yamufashije kuvugurura inzu
Ubworozi ni imwe mu mishinga abagize itsinda bahitamo gukora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages