Muri iyi ntambara yabaye hagati y’1914 n’1918, ingabo z’u Budage zakoresheje ubwato ubwo zashakaga kwambuka ikiyaga cya Kivu. Inteko y’Umuco isobanura ko zaburoshye.
Nyuma y’imyaka irenga 100, Inteko y’Umuco kuri uyu wa 17 Gashyantare 2024 yatangaje ko abashakashatsi bahagarariye impande zombi batangiye igikorwa gihuriyeho cyo gushakisha ubu bwato.
Yagize iti “Abashakashatsi bari gushakisha ubwato bwakoreshejwe n’ingabo z’u Budage mu Ntambara ya mbere y’Isi, nyuma zikaburoha mu kiyaga cya Kivu. Ibi biri gukorwa ku bufatanye bw’Inteko y’Umuco na Jumelage Rwanda.”
Amafoto yashyizwe hanze agaragaza ko aba bashakashatsi bari kwifashisha ibikoresho birimo ubwato ndetse n’akadege (drone) gafata amashusho mu gikorwa cyo gushakisha ubu bwato bw’Abadage.
Intebe y’Inteko y’Umuco, Ambasaderi Robert Masozera, mu kiganiro na IGIHE, yatangaje ko muri ubu bushakashatsi nta kiraboneka, ariko ko ubwo kizaba cyabonetse, bizatangazwa.
Yagize ati “Ubushakashatsi buracyakorwa. Tuzababwira hari icyagaragaye.”
Inzobere mu mateka y’u Rwanda, Nsanzabera Jean de Dieu, asobanura ko ubu bwato bwatabwe n’abasirikare b’Abadage bari baragiye guhangana n’Ababiligi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ati "Ntabwo ari ukurohama ahubwo barabutabye. Urabizi ko Abadage bakolonizaga u Rwanda. Mu gihe cy’Intambara ya Mbere y’Isi bari bahanganye n’Ababiligi. U Bwongereza bwarabashutse, bajya kurwana n’Ababiligi muri Congo, banyuze mu kiyaga cya Kivu bakoresheje ubwato. Bwari bukozwe n’ibyuma n’ibiti."
U Budage bwakolonije u Rwanda kugeza mu 1919, nyuma yo gutsindwa Intambara ya Mbere y’Isi. Bwari bufite abasirikare bakoreraga mu Rwanda no mu Burundi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!