Uru rubyiruko rwibumbiye mu kigo cyitwa ‘Powers of youth in Agriculture Modernization (PIAM)’, ruhinga ubwatsi kuri hegitari 51 ziherereye mu Kagari ka Nyawera mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza.
Ni ubuhinzi bushya buri gutanga umusaruro kuri uru rubyiruko rwahawe ubutaka na leta kugira ngo rububyaze umusaruro, hiyongeraho n’amahugurwa rwahawe n’umushinga ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda (RDDP), ufatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (IFAD) binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Si amahugurwa gusa kuko rwahawe n’imbuto y’ubwatsi n’ibindi nkenerwa, kugira ngo rutangire gushyira mu bikorwa ubwo buhinzi.
Murenzi Eric ukuriye PIAM avuga ko batangiye guhinga ubu bwatsi kuri hegitari 51, bagamije gufasha aborozi kubona ubwatsi igihe cyose kugira ngo bongere umukamo. Bahinga amoko ane y’ubwatsi arimo Chloris gayana, Brachiaria, Mucuna na Desmodium.
Ati “Tumaze gusarura igihembwe kimwe, ubu twatangiye igihembwe cya kabiri. Iki gihembwe twasaruye imiba 8.000, dukuramo miliyoni 16 Frw, kuri Chloris gayana twanasaruyeho umurama ungana na toni enye, tukazawukuramo arenga miliyoni 20 Frw.”
PIAM ikoresha abakozi barenga 300. Murenzi avuga ko bitewe n’ahantu bahinga ubu bwatsi, batajya babura isoko kuko hari aborozi benshi biteguye kubugura kugira ngo bongere umukamo.
Gusa zimwe mu mbogamizi bafite ni ukubona uburyo bwo kuhira bakwifashisha, gukodesha imashini zizinga ubwatsi kuko izo bakoresha bazikodesha i Gabiro, kugira ngo babashe guhaza amasoko bafite, cyane cyane mu mpeshyi.
Murekatete Jacqueline ugurisha imbuto y’ubwatsi, na we avuga ko muri iki gihe ubuhinzi bw’ubwatsi burimo amafaranga kuko yavuye ku kuba umufashamyumvire ahinduka rwiyemezamirimo.
Yavuze ko asigaye agurisha imbuto y’ubwatsi, aho ku gihembwe akuramo miliyoni 8 Frw.
Ati “Guhinga ubwatsi ni akazi, nka njye nabyumvise cyane kuko ndi mu bantu bahuguwe na RAB ku nkunga ya RDDP. Njye rero nabyumvise vuba, ubu maze gukuramo inzu ya miliyoni nka 50 Frw.”
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kayonza, Hategekimana Fred, avuga ko ubuhinzi bw’ubwatsi busigaye bukorerwa muri aka karere, ari amahirwe azafasha ibibazo byo kubura ubwatsi mu gihe cy’izuba.
Ati “Ni amahirwe igihugu cyahaye ruriya rubyiruko rugomba kubyaza umusaruro. Kuba rwarahawe nkunganire, rugahabwa imbuto ndetse bakaba bari kubakirwa ubuhunikiro bw’ubwatsi, ayo mahirwe bayatangirireho bakore n’ibindi bintu bikomeye.”
Meya Hategekimana yabijeje icyuzi gihangano cyabafasha mu kuhira ubwo bwatsi bwose.
Kugeza ubu mu Karere ka Kayonza habarurwa inka zirenga ibihumbi 104, zirimo izitanga umukamo zirenga ibihumbi 62. Haboneka umukamo ungana na litiro ibihumbi 87 ku munsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!