00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda n’u Rwanda bigiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro ku mikoranire

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 19 April 2026 saa 10:41
Yasuwe :

Uganda igiye kwakira ibiganiro bizahuza Komisiyo Ihoraho ihuza u Rwanda n’icyo gihugu ku nshuro ya 12, hagamijwe kwimakaza imikoranire n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ni ibiganiro byateguwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda ku bufatanye na Ambasade ya Uganda mu Rwanda, bikaba biteganyijwe gutangira ku wa 20-22 Mata 2026.

Amakuru yatangajwe, yagaragaje ko ibyo biganiro bizibanda ku bufatanye mu nzego zitandukanye bishobora guhuriza hamwe abahagarariye za Minisiteri zirenga 15.

Intumwa za Uganda muri ibyo biganiro ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, John Mulimba, mu gihe iz’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Usta Kaitesi.

NewVision yatangaje ko ibi biganiro bizabera mu Mujyi wa Kampala muri Mestil Hotel, bikaba byitezweho ko hazabaho n’ibiganiro byo mu muhezo hagati ya ba minisitiri ku mpande zombi, mbere y’uko hatorwa imyanzuro y’ibyavuye mu nama no gusinya amasezerano y’imikoranire.

Umuyobozi Ushinzwe Ubutwererane muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda, Amb. Richard Kabonero, yagaragaje ko hazigwa ku mikoranire mu bya gisirikare n’umutekano, guteza imbere ibikorwaremezo, imicungire y’abinjira n’abasohoka, imikoranire ya Polisi, uburezi n’ibindi.

Yagaragaje kandi ko impande zombi zizasuzuma neza ibyagezweho ku masezerano y’imikoranire n’ibyaherukaga kuganirwaho mu nama yabaye ku nshuro ya 11 yateraniye i Kigali mu 2023.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane muri Uganda yatangaje ko hazanarebwa kandi amahirwe mashya y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi, mu kwangura umubano n’ubufatanye, guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari no gushyiraho imishinga y’iterambere ihuriweho.

Mu nama iheruka, yahuje Komosiyo Ihoraho ihuriweho na Uganda n'u Rwanda yabereye i Kigali, ibihugu byombi byagiranye amasezerano y'imikoranire
Abahagarariye u Rwanda na Uganda bagiye kongera guhura mu kuganira ku mikoranire y'ibihugu byombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages