Iyo Minisiteri yahamije ko uwayanduye yayikuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse ko uwo murwayi yanamaze kwitaba Imana.
Uwo murwayi yitabye Imana ku wa 14 Gicurasi 2026. Muri RDC kandi Ebola yahitanye abantu 65.
Ebola ni indwara ikomeye kandi yica, ikwirakwira binyuze mu matembabuzi yo mu mubiri ava ku muntu wanduye ajya ku wo bakoranyeho, cyangwa ikanyura ku bikoresho byakozweho n’uwanduye, no gukora ku muntu wishwe n’iyi ndwara.
Ebola yagaragaye bwa mbere mu 1976, bigakekwa ko yatangiriye mu gacurama.
Bimwe mu bimenyetso by’ibanze bya Ebola ni ukugira umuriro ukabije, kubabara imikaya, umunaniro ukabije, kuribwa umutwe no kubabara mu mihogo. Kugeza ubu nta muti wa Ebola uzwi, havurwa ibimenyetso byayo.
Icyorezo cya Ebola cyica nibura 50% by’abanduye. Icyakora, ku nshuro zitandukanye igipimo cyagiye gihindagurika hagati ya 25–90% nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!