Ni itangazo ryari ryasohotse rigaragaza ko guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026, ku nkengero z’umuhanda wa Hotel Gloria-Isoko rya Nyarugenge-Quartier Commercial-City Plaza hatazongera guparika imodoka, kugira ngo hashyirwe inzira ya bisi, iy’imodoka zihanyura zidahagarara, n’iy’abanyamaguru.
Ibimenyetso byo mu muhanda byamaze gushyirwaho bigaragaza inzira z’imodoka zikomeza n’umuhanda wihariye wa bisi.
Ku rundi ruhande, ahari parking nta kintu kirimo kuko imodoka z’abantu ku giti cyabo batazongera kuhaparika.
Kuri uyu muhanda hariho Parking ishobora kujyamo imodoka 140 z’abantu ku giti cyabo ariko basabwe kutongera kuhaparika mu rwego rwo korohereza bisi izajya inyura muri uwo muhanda.
Abazi neza mu mujyi wa Kigali ni umuhanda umwe gusa, naho ahandi hazwi nka Quartier Mateus imodoka zizakomeza nk’ibisanzwe kimwe n’ibikorwa byakorwaga munsi y’isoko rya Nyarugenge nta kizabikoma mu nkokora.
Ubusanzwe ku isoko rya Nyarugenge hahurira imodoka nyinshi z’abagiye kurangura ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye, kandi iyo mirimo irakomeje nk’uko bisanzwe.
Ku isoko rya Nyarugenge ahatemerewe guparikwa imodoka nto ni ku muhanda uri ku marembo ya ruguru werekeza kuri City Plaza.
Bamwe mu bacururiza muri Quartier Commercial bagaragaje ko kuba imodoka zitari guparika imbere yabo nk’uko byari bimeze mbere, bizajya bituma ibyo bacuruza birushaho kugaragara bitandukanye na mbere.
Ku rundi ruhande, abacuruzi bafite imodoka bo bagaragaje ko bibabangamiye kuko boroherwaga no kugera ku kazi kandi bagaparika aho bareba.
Umwe ati “Twazanaga imodoka tukaziparika aho tureba kandi bikanatworohereza kugera ku kazi. Ubu ntabwo bishoboka kandi murabizi ikibazo cya Parking nke muri uyu mujyi ni ikindi.”
Ubwo Umujyi wa Kigali watangazaga ko hagiye kujyaho ibisate by’imihanda byahariwe bisi gusa, werekanye ko hazanashyirwaho bisi izajya izenguruka mu Mujyi hagati nko ku isoko rya Nyarugenge, inyubako ya City Plaza ndetse n’ahandi izajya izenguruka ku buryo umuntu ashobora kuba yagenda mu Mujyi rwagati atagombye gutega moto.
Muri rusange mu Mujyi wa Kigali hashyizweho ibisate by’imihanda yagenewe imodoka zitwara abagenzi mu rwego rwo kwirinda umuvundo w’ibinyabiziga no gushishikariza abantu guhitamo gukoresha imodoka za rusange.
Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!