00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuryango wo mu Bwongereza wishyuriye mituweli abapfakazi n’imiryango itishoboye mu Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 September 2017 saa 12:47
Yasuwe :

Umuryango Common Cause Community Association wo mu mujyi wa Leeds mu Bwongereza wishyuriye ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) ku bapfakazi 147 n’imiryango itishoboye mu Rwanda.

Uwo muryango ugizwe n’abantu batandukanye barimo abakomoka mu Rwanda, Burundi, Uganda, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Bwongereza, u Bufaransa, u Bubiligi n’u BUtaliyani.

Tariki 6 Nzerii nibwo abagize uyu muryango bafashije iyi miryango n’abapfakazi batishoboye mu Rwanda nk’uko bari banabikoze umwaka ushize. Uyu mwaka hatanzwe amafaranga 505,000.

Ubuyobozi bw’uyu muryango bwavuze ko nk’uko biyemeje gufasha abatishoboye, bazakomeza no kwita ku miryango nk’iyo mu bihe biri imbere.

Intego ya Common Cause Community ni uguteza imbere indangagaciro zubaka umuryango,binyuze mu guhuriza hamwe kw’abawugize bagasangira ibitekerezo n’umuco utandukanye.

Biyemeje kandi gufasha abababaye cyane cyane abo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ari naho benshi mu bawugize baturuka.

Sheki y’amafaranga yo kwishyura ubwisungane mu kwivuza yatanzwe na Common Cause Community

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages