Igitabo kigamije kurushaho kwigisha abantu kugarura icyizere, kwiyubaka no gufasha abandi kwiyubaka, kumenya kubabarira no guharanira icyiza barwanya ikibi.
Iki gitabo cyamuritswe ku wa 15 Gicurasi 2026, kiri mu Gifaransa. Ugenekereje mu Kinyarwanda cyitwa “Kugarura icyizere mu buzima uko ibyo waba waciyemo cyangwa ucamo byaba bimeze kose”.
Kayihura ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana abarenga miliyoni mu minsi 100.
Yarakuze, abona amahirwe yabonye yo kongera kugarura ubuzima no kwiyubaka, yifuza kwandika igitabo kigaruka ku mbabazi nyina yahaye Interahamwe mbere y’uko zimwica.
Mu kiganiro Kayihura yagiranye na IGIHE yagize ati “Amateka nanyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatwaye umuryango wanjye nsigara ndi njyenyine. Byangizeho ingaruka zirimo agahinda, ubwoba no kwibaza ibibazo byinshi ariko nza gufashwa n’uburyo nari nararezwe mu buto bwanjye n’indangagaciro natojwe, zirimo kubana neza, kugira neza nonkubabarira. Mama ari na we ugaruka cyane muri iki gitabo, bamwishe nabi cyane gusa yabanje kubabarira Interahamwe mbere y’uko yicwa.”
Ubutumwa butangwa muri iki gitabo bwigisha abantu guhitamo umuyoboro mwiza w’ibitekerezo byibanda ku byiza byaranze abo babuze kurusha uko bishwe.
Kinagaruka ku bumuntu bwaranze abantu bafashije abandi muri Jenoside ndetse no ku banditsi batandukanye bagiye bavuga ku bumuntu no kwiyubaka.
Abifashijwemo n’abahanga mu by’uburezi, Prof. Jean Paul Niyigena na Etienne Michel icyo gitabo cyemejwe kuzifashishwa mu mashuli yo mu Bubiligi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!