Ibi byatangajwe ubwo urubyiruko rugize iri Huriro rwasuraga Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi, bagasobanurirwa amateka yaranze Jenoside kuva mu itegurwa ryayo kugera ubwo yashyirwaga mu bikorwa.
Uru rubyiruko rwasobanuriwe uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe na Leta yariho icyo gihe ibifashijwemo n’ibihugu by’amahanga. Basobanuriwe kandi uburyo yashyizwe mu bikorwa, banaganirizwa ku rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge rugikomeza.
Hagarutswe kandi ku bibazo by’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo, urubyiruko rusabwa gufata iya mbere mu guhangana n’iki kibazo.
Miss wa East Africa 2021, Umunyana Shanitah, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari amateka mabi yabaye bityo adakwiye kongera kubaho ukundi, asaba urubyiruko kubigiramo uruhare.
Yagize ati “Nk’urubyiruko, dukwiye kugira uruhare mu kugaragaza abapfobya bakanahakana Jenoside kuko baba bagamije gukomeretsa abacitse ku icumu ndetse n’ibindi bishobora gusubiza inyuma ibyo tumaze kugeraho.”
Yasabye inzego za Leta gushyira imbaraga mu kwigisha urubyiruko amateka ya Jenoside, bikananyuzwa ku mbuga nkoranyambaga kuko ari zo zisigaye zikoreshwa n’urubyiruko cyane.
Umuyobozi wa EAC YAP mu Rwanda, Sarah Mutagoma, yavuze ko urubyiruko rumaze gutera intambwe nziza mu gushaka kumenya amateka y’ibyabaye mu Rwanda.
Yagize ati “EAC YAP ishishikajwe no gukangurira urubyiruko rw’imbere n’abo hanze y’igihugu, kwiga amateka kuko ababa hanze ari bo usanga ahanini bahabwa amakuru atandukanye, kenshi ugasanga ari kubayobwa.”
Yasabye urubyiruko kwiga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo babone ibyo bashingiraho bagaragaza ukuri kwayo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!