I Kigali kuya ya 18 Ugushyingo 2013, hatangijwe inama mpuzamahanga y’iminsi itanu, ihuje ibihugu bitandukanye bya Afurika no hanze yayo, yateguwe na Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ishyirahamwe nyafurika rikurikirana imicungire myiza y’inzego z’abakozi ba leta muri Afurika (African Association for Public Administration and Management –AAPAM) rihuza abahagarariye inzego za leta, abikorera n’abandi. muri iyi nama ngarukamwaka, iy’ubu yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’ubuyobozi mu guteza imbere imicungire y’inzego za leta n’abakozi muri Afurika”. yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Pierre Damien Habumuremyi.


















TANGA IGITEKEREZO