Mu nkuru twabagejejeho z’icyumweru cyo 01-07.2013 twibanze ku Mu muhango wo kwizihiza itariki 4 Nyakanga wabereye mu Kigo cya gisirikare cya Kami mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo, aho Perezida Kagame yabanje gusura aharimo kubakwa inyubako z’abasirikare muri iki kigo, ndetse na hamwe muri uyu Murenge hari inzu 8 z’abatishoboye. Twabagejejeho kandi inkuru ya Minisitiri w’ingabo Gen. James Kabarebe n’Umugaba mukuru w’ingabo Gen. Nyamvumba Patrick bakiriye itsinda ry’ingabo za Burkina Faso ziyobowe n’Umugaba mukuru w’ingabo muri iki gihugu, Brig.Gen Nabere Honore Traore. N’izindi nkuru zitandukanye ziri muri iki cyegeranyo. Faustin Nkurunziza



















TANGA IGITEKEREZO