Apôtre Gitwaza yagaragaje ko ubusanzwe nta gihugu kijya gica inzoga kuko zinjiza amafaranga menshi cyane bityo kuba zaraciwe ari ukureba kure kw’igihugu no kuburizamo umugambi wa Satani wo kumara urubyiruko rw’u Rwanda.
Ati “Umugambi wa Satani wari kumaraho abari munsi yacu, urubyiruko rwose ruhari, igihugu kikabaho kirimo ubusa nta rubyiruko. Umugambi Satani yari afite kwari ukuzuza abanyamahanga muri iki gihugu gusa, mu myaka iri imbere iki gihugu cyari kuba cyuzuye abanyamahanga gusa, abana b’Abanyarwanda bari kumihanda abandi bari ku mihanda abandi banywa urumogi, noneho abanyamahanga akaba aribo bacyuzura gusa.”
Dr Gitwaza yavuze ko ari ibikubiye mu buhanuzi yahanuriwe n’Imana mu 1997, aho yahanuriwe ko mu myaka iri imbere u Rwanda ruzaturwa n’abanyamahanga benshi.
Ati “Ndabyibuka ubwo buhanuzi Imana yabumpaye ku Nkurunziza mu 1997 ko mu myaka iri imbere 11% by’abatuye u Rwanda bazaba ari abanyamahanga. Icyo Satani yari gukora ni uko iyo 11% byari kuba abantu b’ingirakamaro kuko nibo bari buze bagakora imirimo, bakarongora abakobwa bacu abandi bari mu mihanda ari imborerwa badafite icyo bamaze.”
Akomeza agaragaza ko kandi bitari gusiga abakobwa cyane na bo basigaye bajya kwigurisha no gusambanira mu bindi bihugu.
Ati “Ni ibintu biteye ubwoba, batega indege bakajya gusambana ku wa gatanu ku cyumweru bakagaruka hano. Ikindi bamaze kugira abagabo benshi b’abanyamahanga aho umugabo ava muri Maroc akaza kumurongora hano kugira ngo agire ubutaka mu Rwanda.”
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyafunze inganda zirenga 140 zikora ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, kinatesha agaciro impushya zabyo zo kubikora, ndetse gihagarika by’agateganyo ubwoko bw’inzoga 52 zituruka mu mahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!