00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

45 bahitanywe n’inkongi yibasiye inkambi y’Abanyabirimaniya

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 23 March 2013 saa 11:44
Yasuwe :

Abantu 45 ni bo bamenyekanye ko bahitanywe n’umuriro wibasiye inkambi y’impunzi z‘Abanyabirimaniya zabaga mu gihugu cya Thaïlande naho ababarirwa mu ijana barakomereka, impanuka yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2013.
Amashusho ya televiziyo ya Thaïlande yerekanye imisozi yambaye ubusa nyuma yo gushya, uyu muriro ukaba warabashije kuzimywa nyuma y’amasaha abiri uca ibintu.
Iyi nkongi ngo yaba yaratewe n’umuriro wo mu gikoni nk’uko abayobozi bo muri aka gace babivuga, ukaba (…)

Abantu 45 ni bo bamenyekanye ko bahitanywe n’umuriro wibasiye inkambi y’impunzi z‘Abanyabirimaniya zabaga mu gihugu cya Thaïlande naho ababarirwa mu ijana barakomereka, impanuka yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2013.

Amashusho ya televiziyo ya Thaïlande yerekanye imisozi yambaye ubusa nyuma yo gushya, uyu muriro ukaba warabashije kuzimywa nyuma y’amasaha abiri uca ibintu.

Iyi nkongi ngo yaba yaratewe n’umuriro wo mu gikoni nk’uko abayobozi bo muri aka gace babivuga, ukaba waragaragaye mu masaha ya nyuma ya saa sita mu nkambi ya Mae Surin mu Ntara ya Mae Hong Son iherereye hafi y’umupaka Thailand gihana na Birmanie.

Ibikoresho bitandukanye n’ibiribwa izi mpunzi zari zifite byarahiye, ku buryo abarokotse iyi mpanuka y’umuriro bagenda bahabwa ibyo kurya n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mounzi HCR.

Inkambi zibarirwa mu icumi z’Abanyabirimaniya zigiye ziri mu bice bya Thaïlande byegeranye na Birmanie. Zirimo abahunze imirwano mu myaka icumi ishize, ihuza ingabo z’igihugu n’imitwe y’abarwanyi ishingiye ku moko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages