Perezida wa Afghanistan Hamid Karzai, avuga ko igihugu cye kiziyumva mu mutekano usesuye ubwo ingabo z’amahanga zizaba zamaze gusubira mu bihugu byazo.
Ibi Karzai yabitangarije mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa mbere tariki ya 14 mutarama 2013.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters bivuga ko Perezida Karzai avuga ko ubwo ingabo ziyobowe na NATO zizaba zavuye muri Afghanistan ari bwo iki gihugu kizaba gitekenye cyane kinamerewe neza kurushaho.
Afghanistan kirimo ingabo z’amahanga mu gihe kirenze imyaka 10, kuva Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bufatanye n’ibihugu bizishyigikiye birimo u Bwongereza bitangije urugamba rwo kurwanya iterabwoba mu mwaka wa 2001.



















TANGA IGITEKEREZO