00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Algeria:Uwahoze ari perezida yishwe n’indwara ya kanseri

Yanditswe na

Jotham Ntirenganya

Kuya 7 October 2012 saa 09:41
Yasuwe :

Chadli Bendjedid wigeze kuyobora igihugu cya Algeria yapfuye azize indwara ya kanseri ku itariki ya 6 Ukwakira 2012.
Nk’uko BBC yabitangaje, Bendjedid yapfiriye mu bitaro bya gisirikare by’Algeria nyuma y’icyumweru arwariyemo.
Nyakwigendera yayoboye manda 4 guhera mu 1979 kugeza 1992. Ku buyobozi bwe bivugwa ko yagerageje guteza imbere politike y’amashyaka menshi mu gihugu.
Nyuma ya Bendjedid yaje kuvanwa ku butegetsi ku ngufu, ubwo abasirikare bagendera ku mahame ya kiyisilamu (…)

Chadli Bendjedid wigeze kuyobora igihugu cya Algeria yapfuye azize indwara ya kanseri ku itariki ya 6 Ukwakira 2012.

Nk’uko BBC yabitangaje, Bendjedid yapfiriye mu bitaro bya gisirikare by’Algeria nyuma y’icyumweru arwariyemo.

Nyakwigendera yayoboye manda 4 guhera mu 1979 kugeza 1992. Ku buyobozi bwe bivugwa ko yagerageje guteza imbere politike y’amashyaka menshi mu gihugu.

Nyuma ya Bendjedid yaje kuvanwa ku butegetsi ku ngufu, ubwo abasirikare bagendera ku mahame ya kiyisilamu batsindaga amatora binyuze mu Nteko Ishingamategeko.

Nyuma haje kubaho imvururu mu 1992, abenshi bakoraga imyigaragambyo bamagana ubuyobozi bwa kiyisilamu biteza intambara yahitanye abantu benshi.

Biteganyijwe ko abaturage bamara iminsi 3 mu cyunamo, kubera urupfu rwa Bendjedid. Kugeza ubu Algeria iyobowe na Abdelaziz Bouteflika.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages