00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Hari ushobora gutsinda muri Leta nyinshi ariko ntabe Perezida

Yanditswe na

Emile Nsabimana & Agencies

Kuya 7 November 2012 saa 12:29
Yasuwe :

Mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, birashoboka cyane ko umukandida yarusha amajwi mugenzi we muri Leta nyinshi ariko ku rwego rw’igihugu ntabe Perezida.
Wakwibaza uti "Biterwa n’iki?"
Umunsi w’itora muri Amerika bita "Election Day" uba buri gihe ku wa kabiri ukurikira uwa mbere wa mbere w’ukwezi k’Ugushyingo.
Kuri uyu munsi Abanyamerika baramukira mu matora bagatora aba ’Grands electeurs’ bazatora Perezida, ni ukuvuga abahagarariye Leta runaka mu (…)

Mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, birashoboka cyane ko umukandida yarusha amajwi mugenzi we muri Leta nyinshi ariko ku rwego rw’igihugu ntabe Perezida.

Wakwibaza uti "Biterwa n’iki?"

Umunsi w’itora muri Amerika bita "Election Day" uba buri gihe ku wa kabiri ukurikira uwa mbere wa mbere w’ukwezi k’Ugushyingo.

Kuri uyu munsi Abanyamerika baramukira mu matora bagatora aba ’Grands electeurs’ bazatora Perezida, ni ukuvuga abahagarariye Leta runaka mu matora.

Umubare w’aba ba ’Grands électeurs’ uterwa n’umubare w’abatuye muri Leta runaka mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Hari igihe umukandida runaka ashobora kuba yatsinze mukeba we muri Leta nyinshi, ariko ukumva ngo uwari yatsinzwe ni we ubaye Perezida ku munota wa nyuma.

Biterwa n’uko Perezida watowe aba yatsinze muri Leta zigira aba ’Grands électeurs’ benshi, kuko iyo umukandida atsinze muri Leta aba ’Grands electeurs’ ari bo bahabwa umwanya amajwi y’abaturage ntabe agifite agaciro.

Iyo mu bari bahanganye ntawe ugize aba ’Grands electeurs’ 270, ikibazo gikemurwa n’Urukiko rw’Ikirenga kuko amatora atajya asubirwamo.

Abacamanza bakuru icyenda [Juges inamovibles] bo mu Rukiko rw’Ikirenga, ni bo bafata icyemezo k’ugomba kuba Perezida.

Nko mu mwaka wa 2000 George W. Bush yari ahanganye na Al Gore, aza kuba Perezida kubera abacamanza batanu bari barashyizweho na se George Bush [Senior]. Aya matora yatumye hari abavuga ko Bush yibye amajwi, ariko si ko byagenze kuko yashyizweho na Sena ariko na none agira amahirwe y’uko harimo abacamanza batanu bamuzi.

Ambasade zikoresha amatora yo kureba uko amahanga atekereza Amerika

Amatora ya Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika abera no mu bindi bihugu, ariko atagamije gutora Perezida, mu by’ukuri ahubwo umuntu yavuga ko aba agamije kureba uwo amahanga abona yaba Perezida, kuko ibiyavuyemo bitongerwa ku byavuye mu matora yabereye mu gihugu imbere. Amatora nk’ayo abera muri Ambasade za USA aho ziri hose ku Isi.

Mu matora yabaye kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2012 yarimo Abanyarwanda bari batumiwe mu buryo bw’ibanga. Yagaragaje ko Mitt Romney yagize amajwi 19, na ho Barack Obama agira 56 mu bantu 75 batoye.

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda Donald W. Koran yavuze ko yishimiye imigendekere yayo, yongeraho ko amatora ya Amerika yakabereye urugero ibindi bihugu, by’umwihariko ibitaratera imbere muri Demokarasi bikaba byakwigiraho uburyo bwo gutegura neza amatora.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages