Izi nyandiko zatahuwe mu bubiko bugera ku 10 mu kigo cya Biden cyitwa Penn Biden Center gikorera i Washington. Hari mu Ugushyingo 2022.
Umushinjacyaha Robert Hur mu ntangiriro za 2023 yahawe inshingano yo kuyobora itsinda ry’abanyamategeko bagombaga gukurikirana iki kibazo, bakamenya amakuru yose akubiye muri iyi nyandiko; ibyagombaga gushingirwaho mu kugeza ikirego mu rukiko cyangwa ntibabikore.
Nk’uko BBC yabitangaje kuri uyu wa 10 Gashyantare 2024, Hur yasohoye raporo y’iperereza igaragaza ko Biden atazaryozwa kubika izi nyandiko kubera ko ari “umusaza udafite ubushobozi bwo kwibuka.”
Visi Perezida wa Amerika, Kamala Harris, yatangarije abanyamakuru ko yababajwe n’uko uyu munyamategeko yise Biden umusaza udashobora kwibuka ibyabaye.
Bigendanye n’uko Hur ari umushinjacyaha winjijwe mu kazi na Donald Trump wabanjirije Biden ku butegetsi, Visi Perezida Harris yasobanuye ko iyi raporo igendeye ku marangamutima ya politiki kandi ko yabuzemo ubunyangamugayo.
Ati “Uko Perezida yagaragajwe muri iyi raporo si ibinyoma gusa, ahubwo bigendeye ku marangamutima ya politiki. Iyo bigeze ku nshingano y’umushinjacyaha nk’iriya, tuba dukwiye kwitega ubunyangamugayo bwo ku rwego rwo hejuru.”
Senateri Tinna Smith uhagarariye ishyaka ry’aba-démocrate muri Leta ya Minnesota yatangaje ko ibikubiye muri iyi raporo ari agahomamunwa, na we ashimangira ko ishingiye ku marangamutima ya politiki.
Senateri Jon Ossoff yatangaje ko mu mezi make ashize yabanye na Perezida Biden, kandi ko nta kibazo na kimwe cy’ubuzima afite. Ati “Nasanze atyaye.”
Biden arashaka kwiyamamariza gukomeza kuyobora USA muri uyu mwaka. Gushyirwa mu cyiciro cy’abadashobora kwibuka ibyabaye byamugiraho ingaruka ikomeye kuko byatuma abaturage bamutakariza icyizere, cyane ko baba batamubonamo ubushobozi bwo kubayobora.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!